Odinga yasubije abamubwira ko ataba Perezida wa Kenya adasiramuye

Sangiza iyi nkuru

Umunyapolitiki Raila Odinga ushaka kuba Perezida wa Kenya, yasubije abamwibasiye bamubwira ko adashobora kuyobora iki gihugu kubera ko ngo adasiramuye.

Odinga yibasirwa kenshi na bamwe mu Banyakenya barimo abanyapolitiki bavuga ko adasiramuye bitewe ahanini no kuba akomoka mu bwoko bwa Luo bwamaganira kure iki gikorwa busobanura ko gihabanye n’umuco gakondo.

Nko muri Werurwe 2022, umudepite uhagarariye Gatundu y’Amajyepfo, Moses Kuria yanenze Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta, amuhora gushyigikira Raila Odinga yemeza ko adasiramuye, kandi hari itegeko ryo mu 1969 ribuza utarasimuwe wo mu gace ka Mt Kenya kuba umuyobozi.

Mu gikorwa cyo kwiyamamaza cyabereye mu karere ka Teso, Raila yavuze ko amagambo ya Depite Kuria ari igitutsi ku bwoko butemera umuhango wo kwisiramuza. Ati: “Undi munsi mwumvise umuntu wantutse ko ntakwiye kuyobora igihugu kubera ko ntisiramuje.”

Uyu munyapolitiki wigeze kuba Minisitiri w’Intebe wa Kenya, yakomeje ati: “Uwo muntu ntabwo ari kumpohotera njyenyine ahubwo ari no guhohotera umuryango wa Luo n’indi itemera gusiramura. Bari kubabwira ko mwebwe n’abana banyu budakwiye kuyobora.”

Babwiwe n’iki ko ntisiramuje?

Raila Odinga yagarutse ku bitwaza iturufu y’uko yaba atarisiramuje, bumvikanisha ko adakwiye kuyobora Kenya, yibaza uko baba baramenye ko adasiramuye.

Muri iri jambo Raila yavuze kuri uyu wa 20 Nyakanga 2022 nk’uko ikinyamakuru Kenyans kibivuga, yabajije ati: “Bamwe bavuga ko ntaba Perezida kubera ko ntisiramuje. Babwiwe n’iki ko ntisiramuje?”

N’ubwo agaragaza ko ubwoko butemera igikorwa cyo kwisiramuza budakwiye guhohoterwa, Raila ni umwe mu bagerageje gushishikariza abaturage bo muri Luo kubikora mu rwego rwo kwirinda ubwandu bw’agakoko gatera SIDA.

BBC News ishami rya Afurika yigeze gutangaza ko mu nama yahurije abaturage 500 mu mujyi wa Kisumu muri Nzeri 2008, Odinga wari wayitabiriye, ba Minisitiri batatu ndetse n’umudepite bakomoka muri Luo, batangaje ko bisiramuje mu ibanga, mu rwego rwo kwirinda iki cyorezo.

Ubu bukangurambaga yakoze mu 2008 bwakuruye amakimbirane hagati ye n’abo muri ubu bwoko.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Odinga yasubije abamubwira ko ataba Perezida wa Kenya adasiramuye
    Burya har’ubwoko butemera gusaramurwa?oya nibasaramurwe ntawaba prĂ©sident akibitseho uwomufuka.

  2. Odinga yasubije abamubwira ko ataba Perezida wa Kenya adasiramuye
    Burya har’ubwoko butemera gusaramurwa?oya nibasaramurwe ntawaba prĂ©sident akibitseho uwomufuka.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *