Abakandida babiri basigaye mu irushanwa ry’ubuyobozi bw’ishyaka ry’Aba-Conservateurs barimo gutegura ibibuga byabo ku bagize ishyaka bazahitamo uzasimbura Boris Johnson ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bwongereza.
Kuri uyu wa Gatatu, Rishi Sunak na Liz Truss ni bo basigaye mu irushanwa nyuma y’amatora y’abadepite y’uyu munsi.
Sunak yandika mu kinyamakuru Daily Telegraph, yavuze ko azashyiraho “ivugurura rikomeye nk’iryo Margaret Thatcher yakoze mu myaka ya za 80”.
Muri Daily Mail, Madamu Truss we yasezeranije “kugabanya imisoro, kuzamura ibigo, n’umwuka w’ubucuruzi bushingiye kuri politiki z’ishyaka ry’Aba-Conservateurs”.
Aba bombi basigaye mu ihatana nyuma y’uko Truss ahigitse minisitiri w’ubucuruzi, Penny Mordaunt, igihe kimwe wakunzwe cyane, akagira amajwi 113 y’abadepite mu gihe Mordaunt yagize 105.
Uwahoze ari Minisitiri w’imari, Sunak, wakomeje uza imbere, yegukanye amajwi 137. Amatora ariko yerekana ko adakunzwe cyane mu bayoboke b’ishyaka bazatora umukandida bifuza mu kwezi gutaha.
Aba bombi kandi bazahurira mu biganiro mpaka bibiri bizatambuka kuri televiziyo ya BB ku itariki ya 25 Nyakanga no kuri Sky News ku itariki ya 4 Kanama.
Abayoboke b’ishyaka bagera ku 160.000 bazatora kuri interineti cyangwa ku iposita kandi biteganijwe ko bazabona impapuro z’itora bitarenze ku ya 5 Kanama, ibizava mu matora bizatangazwe ku ya 5 Nzeri.


