Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya, Sergey Lavrov, ategerejwe mu bihugu bitandukanye bya Afurika birimo Uganda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Ambasade y’u Burusiya muri Uganda yatangaje ko Minisitiri Lavrov azagenderera iki gihugu hagati y’itariki ya 25 n’iya 26 Nyakanga.
Usibye Uganda, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya azanagenderera ibihugu bya Ethiopia, Misiri na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nk’uko byatangajwe na Minisiteri ayoboye.
Iyi Minisiteri ivuga ko izi ngendo azazitangira ku wa 24 azisoze ku wa 28 Nyakanga.
Ni ingendo agiye kugirira muri Afurika, mbere y’inama igomba guhuza igihugu cye n’umugabane wa Afurika mu minsi iri imbere.
Inama y’u Burusiya na Afurika izaba iba ku nshuro ya kabiri iteganyijwe kubera i Addis Ababa muri Ethiopia hagati y’Ukwakira n’Ugushyingo uyu mwaka, nyuma y’iyabaye mu Ukwakira 2019 yayobowe na Perezida Vladimir Putin na Abdul Fattah al-Sisi wa Misiri.


