Amashyaka ya politiki atavuga rumwe n’ubutegetsi n’amashyirahamwe y’abenegihugu agera muri 20 kuri uyu wa Gatanu ushize yashinze ihuriro rigamije kubuza Perezida wa Centrafrica, Faustin Archange Touadéra, guhindura Itegeko Nshinga no kwiyamamariza manda ya gatatu, nk’uko umunyamakuru wa AFP yabitangaje.
Me Crépin Mboli, umuyobozi w’ishyaka rya politiki ritavuga rumwe n’ubutegetsi, Patrie, ubwo yatangizaga ubwo bufatanye yabisobanuye agira ati: “Twashyizeho umutwe wa repubulika uharanira kurengera Itegeko Nshinga (BRDC)”.
Itangazo ryashyizwe ahagaragara rigaragaza intego y’imitwe 20 ya politiki n’imiryango itegamiye kuri Leta yashyize umukono kuri ubwo bufatanye: “kurengera Itegeko Nshinga ryo ku ya 30 Werurwe 2016 no gutsinda kugerageza kuba perezida ubuzima bwose”.
Mu ntangiriro za Nyakanga, abigaragambyaga babarirwa mu magana bari basabye Itegeko Nshinga rishya ariko badasaba ku mugaragaro ko perezida ashobora guhatanira manda ya gatatu k’uko iyi nkuru dukesha VOAAfrique ivuga.
Icyakora, icyifuzo cyo kuvugurura itegeko nshinga cyatanzwe mu Nteko ishinga amategeko mu mpera za Gicurasi n’itsinda ry’abadepite benshi basaba gukuramo umubare wa manda, nk’uko abatavuga rumwe n’ubutegetsi babitangaza, kandi ababishyigikiye basaba Perezida Touadéra kubyemeza.
Perezida Touadéra yongeye gutorerwa manda ya kabiri mu mpera z’Ukuboza 2020 ku majwi 53.16% nyuma y’amatora atavugwaho rumwe, aho abanenze amatora bavuga ko umuturage umwe muri batatu ari we wabashije gutora kubera umutekano muke mu gihugu watewe n’intambara y’abenegihugu kuva mu 2013.


