Abaturage ba RDC bibukijwe ko gahunda ya MONUSCO yo kuva iwabo itahindutse

Sangiza iyi nkuru

Abaturage ba Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) by’umwihariko abo mu burasirazuba bw’igihugu ko gahunda ya misiyo yo kugarura amahoro n’umutekano y’Umuryango w’Abibumbye yo kugenda itigeze ihinduka.

Ni nyuma y’aho kuri uyu wa 25 Nyakanga 2022, abatuye i Goma bagiye kwigaragambiriza ku kigo cya MONUSCO, bagasahura, bagatwika ndetse bakangiza ibikorwa byaho. Basabaga ko iyi misiyo iva mu gihugu cyabo, kuko ngo yananiwe kugarura umutekano waho.

Umuvugizi wa guverinoma ya RDC, Patrick Muyaya, kuri uyu wa 25 Nyakanga 2022, yasohoye ubutumwa bwamagana abigaragambije bagakora urugomo, abamenyesha ko Leta irabashakisha, ikabahana bikomeye.

Muyaya yagize ati: “Leta iri gukurikiranira hafi ibibera i Goma nyuma yo guhamagarira abantu kwigaragambiriza MONUSCO. Iramagana yivuye inyuma igitero icyari cyo cyose ku bantu ba UN n’ibikoresho byabo. Ababikoze barakurikiranwa kandi bahanwe bikomeye.”

Uyu Muvugizi wa guverinoma yatangaje ubundi butumwa bw’igisubizo Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Christophe Lutundula, yahaye abanyamakuru mu kiganiro na bo cyabereye i Kinshasa tariki ya 23 Nyakanga.

Iki gisubizo kiributsa ko gahunda ya MONUSCO yo kuva muri RDC yatangiye, ariko mu gihe igikorana na Leta, umutekano w’abantu bayo n’ibikorwa byabo bizarindirwa umutekano.

Kigira kiti: “Gahunda yo kugenda kwa MONUSCO yaratangiye. Turindiriye ko iba mu buryo bwuzuye, guverinoma izubahiriza buri kimwe gikubiye mu masezerano atureba, by’umwihariko ku bijyanye n’umutekano w’abantu bayo n’ibikorwa byabo.”

MONUSCO imaze muri RDC imyaka hafi 22, imaze kuva mu ntara zirimo Tanganyika, iyari Kasai, Katanga, Tshopo na Haut-Uele. Isigaye mu zindi eshatu, ari zo: Kivu y’Amajyaruguru, Kivu y’Amajyepfo na Ituri; zonyine zikirimo umutekano muke uterwa n’imitwe yitwaje intwaro.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *