Nyuma yaho hashyiriwe Video ku mbuga nkoranyambaga abasirikare biswe aba Congo barasa urufaya mu baturage, kuri ubu Leta ya Congo ivuga ko nta perereza izakora, ikavuga ko iyo Video ntaho ihuriye n’ukuri.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Guverinoma ya Congo na Monusco bari batangaje ko bagiye gukora iperereza kuri ayo mashusho ngo harebwe niba koko ari ay’umwimerere ndetse hanagaragazwe ukuri. Guverinoma ikaba yisubiyeho ivuga ko ayo mashusho ari ibintu bagiye baremekanya ko atari ay’ukuri.
Iyi video yumvikanamo umuntu utanga amabwiriza yo kurasa agira ati: “ Murase ”, maze indirimbo zumvikanaga hirya kure ziburizwamo n’urusaku rw’amasasu.
Aba basirikare bahabwaga amabwiriza barubashye begera imbere, umuntu wa mbere baguyeho ngo ni umugore wasaga nk’uwarashwe n’ubundi afite igitambaro mu mutwe nk’uko abarwanyi ba Kamuina Nsapu baba bambaye. Uyu ngo agerageza kumanika amaboko ariko agahita asanganizwa urufaya rw’amasasu.
Ubufaransa, Leta zunze ubumwe za Amerika na Loni nibo bari bafashe iya mbere basaba Leta ya Kabila gukora iperereza ryihuse, gusa ikaba yabahindukiranye ibatangariza ko abo basaba iperereza barikora abazahamwa n’ibyaha bagahanwa.
Kanda hano usome inkuru bifitanye isano:
Bitangazwa ko mu ntara ya Kasa௠havutse umutwe urwanya Leta kuva muri Nzeli 2016, wavutse nyuma yaho Kamuina Nsapu wari umukuru wa bumwe mu bwoko bwo muri ako karere yishwe, abantu barenga 200 bakaba aribo bamaze kwicwa.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Itangishatse Theoneste/Bwiza.com


