Inyeshyamba zari zemeye gushyira hasi intwaro ku bushake ntizigeze zikurikiranwa na Guverinoma ya Congo, ahubwo zikomeza kwirwanaho none zavuye mu nkambi ya Mubambiro kubera inzara no kubura ubuvuzi.
Amashusho amaze iminsi 3 akwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga yerekanye abahoze ari abarwanyi b’inyeshyamba basohoka mu nkambi ya Mubambiro aho bari bateraninyirijwe bategereje gusubizwa mu buzima busanzwe.
Mu kwamagana inzara no kutitabwaho, abagera kuri 500 bahoze bitwara gisirikare baturutse mu mitwe yitwaje intwaro bavuye mu nkambi ya Mubambiro. Bari bamaze amezi menshi bacumbikiwe aho, hamwe n’abandi bagabo barenga igihumbi nk’uko tubikesha digitalcongo.net.
Aba bahoze ari inyeshyamba biravugwa ko ubu batataniye mu mashyamba mu gihe bikekwa ko abandi basubiye mu miryango yabo. Ikibazo gitera ubwoba bwo kongera kwiyubaka kw’imitwe yitwaje intwaro bahozemo cyangwa indi mishya.
Guverinoma ya Congo yo ku ruhande rwayo ikomeje guhamagarira imitwe yitwaje intwaro kwitanga ku bushake, mu gihe itujuje ibisabwa kugira ngo ibakire kandi basubizwe mu buzima busanzwe.


