Al Shabab yiciye mu ruhame abagabo 7 barimo abashinjwa kuba intasi za Amerika

Sangiza iyi nkuru

Umutwe w’iterabwoba al-Shabab wo muri Somaliya wishe abagabo barindwi mu Ntara ya Bay, mu majyepfo y’uburengerazuba bw’igihugu, aho batandatu muri abo bishwe bazira kuba intasi za Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Leta ya Somalia.

Iyi nkuru dukesha Ijwi rya Amerika iravuga ko aba bantu biciwe kuwa Gatandatu ushize imbere y’imbaga y’abaturage mu nkengero z’Umujyi wa Buula-Fulay, mu Ntara ya Bay.

Uyu mutwe wa Al Shabab ukaba washinje batatu muri abo bagabo kuba ari bo batanze amakuru yatumye abayobozi bawo, Yusuf Jiis na Abdulkadir Commandos bicwa n’ibitero by’indege za Amerika mu 2020.

Umucamanza wa al-Shabab yabwiye abaturage bari aho ko batandatu muri abo bagabo biyemereye ibyaha bashinjwaga, ariko nta bisobanuro birambuye yatanze. Inkiko za Al-Shabab zikaba zitemera ko ushinjwa icyaha agira uburenganzira bwo kuburanirwa.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Al Shabab yiciye mu ruhame abagabo 7 barimo abashinjwa kuba intasi za Amerika
    Al-habaab bakoze igikorwacyiza cyane kuko bihoreye

  2. Al Shabab yiciye mu ruhame abagabo 7 barimo abashinjwa kuba intasi za Amerika
    Al-habaab bakoze igikorwacyiza cyane kuko bihoreye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *