Bisamaza Kayonde Richard wahoze ari Colonel mu ngabo za Congo Kinshasa (FARDC), yamaze kwiyunga ku mutwe wa M23 umaze igihe uhanganye na cyo mu mirwano.
Uyu musirikare yahoze akuriye Ingabo za Congo Kinshasa mu mujyi wa Béni, mbere yo guhungira muri Uganda mu mwaka wa 2013 aho yaje gutabwa muri yombi na UPDF mbere yo kurekurwa.
Amakuru avuga ko uyu musirikare yamaze kugera mu birindiro bya M23 i Bunagana ndetse ahita anahabwa umwanya mu buyobozi bw’uyu mutwe.
M23 yungutse amaboko mashya mu gihe ikomeje kwigarurira uduce dutandukanye tw’intara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Mu minsi ibiri ishize uyu mutwe byavugwaga ko wamaze kwigarurira utundi duce dutatu two muri Terirwari ya Rutshuru, unagota Ikigo cya Gisirikare cya Rumangabo.
Amakuru avuga ko uyu mutwe ushobora gukomeza gutemba ugana i Goma aho abenshi mu basirikare ba Congo Kinshasa bamaze guhungira.


