Gambia: Uwari ukuriye urwego rw’igihugu rw’ubutasi yatawe muri yombi

Sangiza iyi nkuru

Umwe mu bagabo bari batinyitse mu gihugu cya Gambia ku butegetsi bwa perezida Yahya Jammeh, akaba ari we wari ukuriye inzego z’ubutasi, yatawe muri yombi kuri uyu wa Mbere ushize n’igipolisi cy’igihugu nk’uko aya makuru yemejwe kuri uyu wa kabiri.

Yankuba Badjie wari ukuriye inzego z’ubutasi za Gambia (NIA), azwi nabi muri iki gihugu, aho ashinjwa ibyaha by’ubwicanyi, iyicarubozo no kuburisha abantu. Kuri bamwe mu bataravuga rumwe n’ubutegetsi, ngo uyu Yankuba nta kindi yari amaze usibye kuyobora icyumba cyakorerwagamo iyicarubozo cya Yahya Jammeh. Uru rwego yari akuriye rukaba rushinjwa n’abaharanira uburenganzira bwa muntu n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi kuba rwaricishije, rukaburisha ndetse rugakorera iyicarubozo umubare mwinshi w’abantu.

Iyi nkuru dukesha RFI ivuga ko NIA ari nk’iterabwoba muri Gambia, aho igice kimwe cy’abataravugaga rumwe n’ubutegetsi banakeka ko yankuba badjie yaba yaranagize uruhare ku giti cye mu iyicwa rya Solo Sandeng wo mu ishyaka UDP utaravugaga rumwe n’ubutegetsi muri Mata umwaka ushize.

Kuva perezida mushya wa Gambia, Adama Barrow yajya ku butegetsi, benshi bakunze kwibaza mu itangazamakuru impamvu Yankuba Badjie akomeje kwidegembya.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Kuri uyu wa Mbere ushize rero ubwo yari kumwe na Sheikh Omar Jeng, wari ushinzwe ibikorwa muri NIA, akaba ari bo bari bakuriye uru rwego, batawe muri yombi.

Ntihamenyekanye icyo bari bagiye gushinjwa, ariko umuvugizi w’igipolisi yatangaje ko ibyo baregwa bizamenyeshwa vuba. Akimara gufata ubutegetsi, perezida Adama Barrow yahise akura ku mwanya we yankuba badjie, ndetse ahita ahindura izina ry’uru rwego rw’ubutasi rw’igihugu, NIA (National Intelligence Agency) arwita Urwego rw’Ubutasi rwa Leta, SRE (Service de Renseignement d’Etat ).

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *