Blinken yemeje ko arasaba u Rwanda gufungura Rusesabagina

Sangiza iyi nkuru

Umunyamabanga wa Leta zunze ubumwe za Amerika (USA), Antony Blinken yemeje ko arasaba Leta y’u Rwanda gufungura Paul Rusesabagina wahamijwe ibyaha by’iterabwoba.

Uyu mukuru wa dipolomasi yabihamirije mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru wa radiyo mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI) mu gihe ari muri Afurika y’Epfo mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri.

Umunyamakuru yamubajije ati: “Mu Rwanda hari umuturage wa Amerika uhafungiwe, wahanishijwe igifungo cy’imyaka 25. Ni Paul Rusesabagina wakunzwe muri filimi ‘Hotel Rwanda’, wananengaga Perezida Paul Kagame. Murasaba ko afungurwa?”

Blinken yasubije ati: “Yego. Mu bihugu byinshi ku Isi hari Abanyamerika n’abaturage b’Abanyamerika bafunzwe mu buryo bw’akarengane, ku bwanjye.”

Umunyamabanga wa USA yasobanuye ko ikimuraje ishinga ari uko Rusesabagina n’abandi Banyemerika yemeza ko bafunzwe mu buryo bw’akarengane, bafungurwa bagataha. Ati: “Ku bwanjye, ni inshingano, uko byaba bimeze kose, kugerageza uko bagaruka mu rugo muri Leta zunze ubumwe.”

Urukiko rw’ubujurire muri Mata 2022 rwashimangiye igifungo cy’imyaka 25 Rusesabagina yari yarakatiwe n’urukiko rukuru mu mu 2020, rumaze kumuhamya ibyaha by’iterabwoba bifitanye isano n’ibitero umutwe wa FLN wagabye mu majyepfo y’uburengerazuba bw’u Rwanda.

Guverinoma y’u Rwanda iherutse gusohora itangazo, iha ikaze Blinken utegerejwe muri iki gihugu, yongeraho ko yiteguye kumusobanurira ishingiro ry’ifungwa rya Rusesabagina.

Soma Izindi Nkuru

26 Responses

  1. Blinken yemeje ko arasaba u Rwanda gufungura Rusesabagina
    Ariko icyusabye cyose singombwa ngo ukibone! Ntawutifuza gusaba, ikibazo nugusaba icyushaka kd kidashoboka! Ubwo nabaturage biciwe mubitero yateraga inkunga ababo ntibazabura icyo bamusaba! Kd nabo ningombwa ko ibyo basabye babihabwa!.

  2. Blinken yemeje ko arasaba u Rwanda gufungura Rusesabagina
    Ariko icyusabye cyose singombwa ngo ukibone! Ntawutifuza gusaba, ikibazo nugusaba icyushaka kd kidashoboka! Ubwo nabaturage biciwe mubitero yateraga inkunga ababo ntibazabura icyo bamusaba! Kd nabo ningombwa ko ibyo basabye babihabwa!.

  3. Blinken yemeje ko arasaba u Rwanda gufungura Rusesabagina
    nimumufungure,kuko numugabo! yafunzwe,nomuburyo butemewe.

    1. Blinken yemeje ko arasaba u Rwanda gufungura Rusesabagina
      Wake ukamufungura niba uri umugabo? Yatwiciye abantu abandi arabamugaza, atwangiriza ibintu ngo narekurwe! Kera na kare habagaho guhora cg hagatangwa indishyi. Ngaho natange indishyi kandi aduhamirize ko atazongera kwifatanya n’abanzi b’u Rwanda

    2. Blinken yemeje ko arasaba u Rwanda gufungura Rusesabagina
      Wake ukamufungura niba uri umugabo? Yatwiciye abantu abandi arabamugaza, atwangiriza ibintu ngo narekurwe! Kera na kare habagaho guhora cg hagatangwa indishyi. Ngaho natange indishyi kandi aduhamirize ko atazongera kwifatanya n’abanzi b’u Rwanda

    3. Blinken yemeje ko arasaba u Rwanda gufungura Rusesabagina
      Urebye iyo ibintu bigana, Leta y’Urwanda igomba gufungura Rusesabagina yuko batamufunguye Amerika ishobora kuza kumwifatira maze Leta igaseba! Uretse ibyo kandi, ntawe utakwibaza icyo twunguka mu gufunga Rusesabagina tukishyiraho umutwaro uremereye wa Amerika! Rero hari ibindi bibazo umuntu yakwibaza: (1) Uwiyise Sankara wiyemereye ko ariwe wafatishije Rusesabagina akanamunnyega ngo yihakanye ubunyarwanda, nawe azahita afungurwa? (2) Imanza umulyango wa Rusesabagina washoye nazo zose zizahagarara? (3) Wa mupasitoro wishinje kuba ariwe washutse Rusesabagina, ibye bizarangira gute? Ndabivugira ko nawe yashyizwe mu majwi mu manza zo mu Bubiligi no muri Amerika. (4) Ninde waha ubuhendabana abaturage baribategereje impozamarira? Ntibyoroshye!

      1. Blinken yemeje ko arasaba u Rwanda gufungura Rusesabagina
        Bagusubize twumve gusa kumufungura ibyo kubwange ntabyo mbona ahokwambura ubusa mama wae wapfa ugaramye

      2. Blinken yemeje ko arasaba u Rwanda gufungura Rusesabagina
        Bagusubize twumve gusa kumufungura ibyo kubwange ntabyo mbona ahokwambura ubusa mama wae wapfa ugaramye

    4. Blinken yemeje ko arasaba u Rwanda gufungura Rusesabagina
      Urebye iyo ibintu bigana, Leta y’Urwanda igomba gufungura Rusesabagina yuko batamufunguye Amerika ishobora kuza kumwifatira maze Leta igaseba! Uretse ibyo kandi, ntawe utakwibaza icyo twunguka mu gufunga Rusesabagina tukishyiraho umutwaro uremereye wa Amerika! Rero hari ibindi bibazo umuntu yakwibaza: (1) Uwiyise Sankara wiyemereye ko ariwe wafatishije Rusesabagina akanamunnyega ngo yihakanye ubunyarwanda, nawe azahita afungurwa? (2) Imanza umulyango wa Rusesabagina washoye nazo zose zizahagarara? (3) Wa mupasitoro wishinje kuba ariwe washutse Rusesabagina, ibye bizarangira gute? Ndabivugira ko nawe yashyizwe mu majwi mu manza zo mu Bubiligi no muri Amerika. (4) Ninde waha ubuhendabana abaturage baribategereje impozamarira? Ntibyoroshye!

    5. Blinken yemeje ko arasaba u Rwanda gufungura Rusesabagina
      Ubwo se wowe uvuze iki ko uri ikigoryi! Abantu biciwe inyabimata kubwe urabazi wa dayimoni we?

    6. Blinken yemeje ko arasaba u Rwanda gufungura Rusesabagina
      Ubwo se wowe uvuze iki ko uri ikigoryi! Abantu biciwe inyabimata kubwe urabazi wa dayimoni we?

  4. Blinken yemeje ko arasaba u Rwanda gufungura Rusesabagina
    nimumufungure,kuko numugabo! yafunzwe,nomuburyo butemewe.

  5. Blinken yemeje ko arasaba u Rwanda gufungura Rusesabagina
    Gusaba gusa nibyo afite?
    Abishwe nibitero yateraga inkunga imiryango yabo n’igihugu yitegure nabo bamusabe kdi usabwe wese ntahabwa icyo ashaka

  6. Blinken yemeje ko arasaba u Rwanda gufungura Rusesabagina
    Gusaba gusa nibyo afite?
    Abishwe nibitero yateraga inkunga imiryango yabo n’igihugu yitegure nabo bamusabe kdi usabwe wese ntahabwa icyo ashaka

  7. Blinken yemeje ko arasaba u Rwanda gufungura Rusesabagina
    Naba nawe arafunzwe. Ubwo se blinkin uwo azazura abo Rusesa yishe hanyuma atware Rusesa cg azaba aje gushinyagura.

  8. Blinken yemeje ko arasaba u Rwanda gufungura Rusesabagina
    Naba nawe arafunzwe. Ubwo se blinkin uwo azazura abo Rusesa yishe hanyuma atware Rusesa cg azaba aje gushinyagura.

  9. Blinken yemeje ko arasaba u Rwanda gufungura Rusesabagina
    Nuburenganzira bwumuntu gusaba cyangwa gutanga igitekerezo ubwose ko asaba ko rusesabagina afungurwa yiteguye no kwishyura ikiguzi cy’abanyarwanda bagiye nyabimata nibyabo byangijwe ubuse ko bajya gushaka bin laden muri Afghanistan kubera ibyo yakoreye pentagon bakamwica KD Atari umunya merican katswe rusesabagina yafungurwa KD Ari munyarwanda bya maraso ubunyamerican nubuhahano ubwose umuntu uzaba yarabonye ubwenegihugu cyamahanga agahimba umutwe utemewe azaza yice KD asahure abanyarwanda ndumva State minister wa USA yazagezwa nyabimata KD akumva ibyifuzo by’abagizweho ningaruka zatewe numutwe w’umunyamerica Rwanda rusesabagin

  10. Blinken yemeje ko arasaba u Rwanda gufungura Rusesabagina
    Nuburenganzira bwumuntu gusaba cyangwa gutanga igitekerezo ubwose ko asaba ko rusesabagina afungurwa yiteguye no kwishyura ikiguzi cy’abanyarwanda bagiye nyabimata nibyabo byangijwe ubuse ko bajya gushaka bin laden muri Afghanistan kubera ibyo yakoreye pentagon bakamwica KD Atari umunya merican katswe rusesabagina yafungurwa KD Ari munyarwanda bya maraso ubunyamerican nubuhahano ubwose umuntu uzaba yarabonye ubwenegihugu cyamahanga agahimba umutwe utemewe azaza yice KD asahure abanyarwanda ndumva State minister wa USA yazagezwa nyabimata KD akumva ibyifuzo by’abagizweho ningaruka zatewe numutwe w’umunyamerica Rwanda rusesabagin

  11. Blinken yemeje ko arasaba u Rwanda gufungura Rusesabagina
    Rwanda,????????????. Mutey’impohwe cyane vraiment. Buriya mwiyumva mubaye ho neza muri ubo buroko mutuye mon,????

  12. Blinken yemeje ko arasaba u Rwanda gufungura Rusesabagina
    Rwanda,????????????. Mutey’impohwe cyane vraiment. Buriya mwiyumva mubaye ho neza muri ubo buroko mutuye mon,????

  13. Blinken yemeje ko arasaba u Rwanda gufungura Rusesabagina
    Rwanda,????????????. Mutey’impohwe cyane vraiment. Buriya mwiyumva mubaye ho neza muri ubo buroko mutuye mon,????

  14. Blinken yemeje ko arasaba u Rwanda gufungura Rusesabagina
    Rwanda,????????????. Mutey’impohwe cyane vraiment. Buriya mwiyumva mubaye ho neza muri ubo buroko mutuye mon,????

  15. Blinken yemeje ko arasaba u Rwanda gufungura Rusesabagina
    Uburoko.uvuga.nubuhe.mujye.mukunda.igihugu.cyanyu.munagipfire clapton.ibyo.uvuga nukuri Ese.ko numva.atavuga abajyezweho ningaruka ze

  16. Blinken yemeje ko arasaba u Rwanda gufungura Rusesabagina
    Uburoko.uvuga.nubuhe.mujye.mukunda.igihugu.cyanyu.munagipfire clapton.ibyo.uvuga nukuri Ese.ko numva.atavuga abajyezweho ningaruka ze

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *