Polisi ya Uganda yatangaje ko igiye gukora iperereza ku itsinda ry’abasore baherutse gushimuta umukobwa bivugwa ko afite imyaka 14 y’amavuko, bamujyanye kurongorwa na mugenzi wabo.
Kuri uyu wa 9 Kanama 2022, uwitwa Abraham yashyize hanze videwo y’amasegonda 30, yongeraho ubutumwa bugira buti: “Ni mu 2022, abakobwa bakiri bato baracyashimutswa kugira ngo barongorwe. Ikibabaje ni uko Nyirasenge ari umwe mu bakoze iki gikorwa. Nyuma y’iminsi mile amaze gusambanywa kenshi, ibiganiro biraba, maze hakurikireho gusezeranira mu rusengero.”
Iyi videwo igaragaramo moto ifite ‘plaque’ yo muri Uganda itwaye abantu babiri barimo uyu mukobwa, ari hagati, n’umugore umuri inyuma bigaragara ko akuze [ni we Abraham yise nyirasenge], igera ahaparitse imodoka ntoya iriho aba basore.
Moto ikimara kuhagera, aba basore bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda cy’umwimerere, baterura uyu mukobwa ku ngufu, ari ko na we akomeza kurira anatabaza. Umwe ati: “Shyira umukobwa mu modoka. Mwashyize umukobwa mu modoka!”
Nyuma yo kumugeza mu modoka, bafunga umuryango. Umwe muri aba basore yumvikana avuga ati: “Ngaho icara, icara!” Undi ati: “Reka bicarane.” Uwa gatatu abwira bagenzi be ati: “Ahubwo mugire vuba vuba.”
Fungura iyi link urebe videwo https://twitter.com/Abrahamlyon1/status/1556919190501691392
Igikorwa cyo gushimuta uyu mukobwa cyamaganwe n’abantu batandukanye barimo Minisitiri w’ubuhinzi, ubworozi n’uburobyi, Frank Tumwebaze, asaba Polisi ya Uganda gukurikirana abamushimuse.
Minisitiri Tumwebaze yagize ati: “Abayobozi bose muri sosiyete bagomba kurwanya igi gikorwa cy’ubugizi bwa nabi cyo kurongora ku gahato abatarakura. Mureke gucuruza abakobwa bacu. Okukyiriza (guterura) ni ugushimuta. Dukwiye guta muri yombi no gukurikirana mu butabera ibi bicucu.”
Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Uganda wungirije ushinzwe ubugenzacyaha, AIGP Tom Magambo Rwabudongo, yatangaje ko yasabye abakozi b’uru rwego gukora iperereza kuri aba bantu kandi atanga icyizere ko bazaryozwa iki gikorwa.
AIGP Magambo yagize ati: “Nyakubahwa Minisitiri. Nasabye itsinda ry’abagenzacyaha gukora iperereza kuri ibi rituma hagira igikorwa!” Ni na ko kandi yasubije umunyamakuru Canary Mugume wagaragaje iki kibazo, ati: “Hashingiwe ku byo [abagenzacyaha] barabona, tuzagira icyo dukora hashingiwe ku itegeko!”
Igikorwa cyo guterura umukobwa kugira ngo arongorwe kiri gucika mu muco wo muri Afurika by’umwihariko mu karere ka Afurika y’iburasirazuba. Abasesengura babona ntaho gitandukaniye n’icyaha cyo gushimuta n’ihohotera rishingiye ku gitsina, bagahera aho bacyamagana, banasaba inzego z’ubutabera gukurikirana abagikora.


