Trump yanze gusubiza ibibazo yabajijwe n’ubutabera buri kumukurikirana

Sangiza iyi nkuru

Donald Trump wabaye Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika (USA), yatangaje ko yanze gusubiza ibibazo yabajijwe n’umushinjacyaha mukuru muri Leta ya New York, bijyanye n’amanyanga akekwaho gukora mu ishoramari rye.

Nk’uko ibinyamakuru bitandukanye birimo ibiro ntaramakuru by’Abanyemerika, Associated Press bibisobanura, Trump yitabye umushinjacyaha mukuru, Letitia James, kuri uyu wa 10 Kanama 2022.

Yamwitabye, arabazwa ariko ntiyagira ikibazo na kimwe asubiza. Ati: “Nanze gusubiza ibibazo nshingiye ku burenganzira n’amahirwe mpabwa n’Itegeko nshinga rya Leta zunze ubumwe.”

Uyu munyapolitiki yasobanuye ko nta yandi mahitamo yari afite, kubera ko umuryango we, ikigo cye cy’ishoramari ndetse n’abafite aho bahuriye na we bari kugabwaho ibitero impande zose.

Yagize ati: “Iyo umuryango wawe, kampani n’abantu bose mufite aho muhurira babaye ibipimo by’abanyamategeko, abashinjacyaha n’ibinyamakuru bitangaza amakuru y’ibinyoma mu gikorwa cyo guhigwa kidafite ishingiro kandi kiri mu nyungu za politiki, nta yandi mahitamo ugira.”

Trump yitabye umushinjacyaha mukuru nyuma y’aho ku wa 8 Kanama 2022 urugo rwe ruherereye muri Leta ya Florida rwasatswe n’abakozi b’urwego rushinzwe iperereza, FBI, bamukekaho kubika impapuro z’ubutegetsi atemerewe gutunga.

Uyu munyapolitiki akaba n’umuherwe utunze ibifite agaciro ka za miliyari z’amadolari yavuze ko iri saka ari igitero yagabweho kitari ngombwa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *