Dr Tedros aratabariza abo muri Tigray bagiye kumara imyaka ibiri badakoresha amabanki

Sangiza iyi nkuru

Umunyamabanga Mukuru w’umuryango mpuzamahanga ushinzwe ubuzima (WHO) usanzwe ari umwenegihugu wa Ethiopia, Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus, aratabariza abatuye mu ntara ya Tigray bamaze hafi imyaka ibiri badakoresha serivisi za banki.

Mu butumwa Dr Tedros yashyize kuri Twitter kuri uyu wa 10 Kanama 2022, yabajije ati: “Ni he handi ku Isi Leta ibuza abaturage miliyoni 6 gukoresha amafaranga yabo, ifunga banki mu gihe cy’amezi 20 kandi gikomeje? Ibi biri kubera muri Ethiopia. Ibi byahungabanyije ubushobozi bw’abaturage bo muri Tigray bwo kugera kuri serivisi z’ubuzima, ibiribwa n’ibindi by’ibanze bikenerwa mu buzima.”

Uyu muyobozi ukomoka muri Tigray yatangaje ubu butumwa ashingiye ku nkuru y’uruzinduko Ambasaderi wa Leta zunze ubumwe za Amerika muri Ethiopia, Mike Harmer na mugenzi we uhagarariye umuryango w’ubumwe bw’Uburayi (EU), Annette Weber bagiriye muri Tigray mu cyumweru gishize.

Ubwo aba ba Ambasaderi bari bavuye muri uru ruzinduko, tariki ya 2 Kanama 2022 basohoye itangazo, basobanura ko bumvikanye na Leta ya Ethiopia ko banki ndetse n’ibigo by’itumanaho byaho byongera gukora, kugira ngo imibereho y’abo muri Tigray idakomeza kugorana.

Ibi bikorwaremezo byafunzwe mu Gushyingo 2020 ubwo umutwe witwaje intwaro wa Tigray watangiraga imirwano n’ingabo za Leta ya Ethiopia. Perezida w’iyi ntara, Debretsion Gebremichael yandikiye ubuyobozi bukuru bw’igihugu abusaba kurinda umutekano wabyo mu gihe byaba byongeye gukora.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *