Abakunzi ba Trump bigaragambirije ku biro bya FBI bitwaje intwaro

Sangiza iyi nkuru

Abakunzi ba Donald Trump wabaye Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika (USA), bagiye kwigaragambiriza ku biro by’urwego rw’igihugu rushinzwe iperereza, FBI, bitwaje intwaro.

Ikinyamakuru CNN kuri uyu wa 14 Kanama 2022 cyatangaje ko abakunzi ba Trump babarirwa muri 25 ari bo bagiye kwigaragambiriza kuri ibi biro biherereye mu mujyi wa Phoenix, bamagana isakwa abakozi b’uru rwego baherutse gukorera mu rugo rw’uyu munyapolitiki ruherereye muri Leta ya Florida.

Trump aherutse kwamagana iri saka ryari rigamije kureba niba abitse impapuro z’ubutegetsi kandi atabyemerewe, asobanura ko ritari rikwiye, ndetse ko ari igitero Leta iri kumugabaho, inyuze impande zose. Abamushyigikiye bemeza ko ritakurikije amategeko.

Umuvugizi wa FBI, Kevin Smith yavuze ko aba bantu bitabiriye imyigaragambyo bayikoreye ku muhanda mu mahoro, kandi batigeze binjira mu mbago z’uru rwego. Ati: “Iri tsinda ryaje ahagana saa sita. Nta gikorwa cya FBI cyabayeho.”

Urugo rwa Trump rwasatswe tariki ya 8 Kanama 2022, tariki ya 10 ahamagazwa n’umushinjacyaha mukuru wa New York, Letitia James, ariko uyu munyapolitiki usanzwe ari umushoramari ukomeye yanga kumusubiza, ashingiye ku itegeko ribimuhera uburenganzira.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *