Umukandida uhatanira umwanya wo kuba Perezida wa Kenya, Prof. George Wajackoyah ufite amajwi y’agateganyo 0.45%, yatangaje ko agifite icyizere cyo kwegukana intsinzi.
Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka Roots Party (RPK) Prof. Wajackoyah yashinze, Adam Kadernani, yabisobanuye, agaragaza ko komisiyo yigenga ishinzwe amatora (IEBC) ari yo izagaragaza uwegukanye uyu mwanya.
Kadernani mu nkuru dukesha Citizen yagize ati: “Icyicyiro cya mbere cyabonywe n’abaturage, icya kabiri gitangazwa na IEBC, urwego Itegekonshinga ryahaye inshingano yo kubara amajwi no gutangaza uwatsinze. Dufite icyizere ko tuzatsinda biciye mu buryo buboneye, bwisanzuye kandi bwizewe.”
Uyu munyapolitiki muri ubu butumwa yatanze ku wa 13 Kanama 2022 yakomeje abwira Abanyakenya ko umukandida wabo abasaba gutuza bakihangana, mu gihe bategereje itangazwa ry’amajwi.
Yagize ati: “Umukandida wacu ku mwanya wa Perezida, Prof. George Wajackoyah arasaba Abanyakenya kwimakaza amahoro, bakihanganira IEBC mu gihe ibara amajwi. Umukandida wacu azageza ubutumwa ku gihugu IEBC nimara gutangaza amajwi. Mugumane amahoro n’urukundo ku baturanyi. Kenya ni nini kuturusha twese.”
Kuri uyu wa 14 Kanama 2022, IEBC yasohoye amajwi y’agateganyo amaze kubarurwa, akabakaba 50% y’abatoye bose mu gihugu. Agaragaza ko William Ruto afite 51.25 %, Raila Odinga akagira 48.09%.
Ikinyamakuru Daily Nation cyatangaje ko kugeza saa moya z’iki gitondo, Ruto yari afite amajwi 51.18%, Raila afite 48.14%. Prof. Wajackoyah we yari afite amajwi 0.45%, agakurikirwa na David Waihiga wamaze kwemera ko yatsinzwe, wari ufite 0.23%.


