Imirwano hagati ya FARDC na M23 ikomereje mu gace ka Tanda

Sangiza iyi nkuru

Umuvugizi wa M23 igice cya gisirikare, Maj. Willy Ngoma, atangaza ko mu gitondo cyo kuri uyu wa 19 Kanama, mu birindiro byabo biri ahitwa Tanda, hagabwe ibitero n’Ingabo za Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo ifatanyije na FDLR ndetse na Nyatura.

Mu butumwa Maj. Ngoma yanyujije kuri paji ye ya Twitter, yavuze ko batewe ariko bakirwanaho.

Yagize ati ” Ihuriro rya FARDC, FDLR na NYATURA ryagabye igitero ku birindiro byacu mu gace ka Tanda mu gitondo kuri uyu wa 19 Kanama. Nk’ibisanzwe abasirikare ba M23 birwanyeho.”

FARDC ntacyo iratangaza ku bivugwa na M23.

Kuva mu ntangiriro z’iki cyumweru habayeho ugukozanyaho hagati ya M23 na FARDC. M23 ivuga ko idateze kuva ku izima ngo ive mu nice yigaruriye mu gihe Kinshasa itaremera ibiganiro. Iyi ngingo ariko Perezida Tshisekedi ntayikozwa.

FARDC yavuze ko idafatanya na FDLR na NYATURA mu guhangana na M23 kuri ubu igenzura Bunagana n’ibindi bice byo muri Rutshuru.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *