Ubwo yatangizaga Umwiherero w’abayobozi ku nshuro ya 14 kuri uyu wa Gatandatu, itariki 25 Gashyantare, perezida w’u Rwanda, Paul Kagame yabwiye abayobozi ko amateka mabi u Rwanda rwanyuzemo asobanuye ko Abanyarwanda badashobora kunyura mu nzira imwe n’abandi ahubwo bagomba kwiyumvisha ko ibyo baba bagomba gukora biba byihutirwa. Yabasabye kongera ingufu mu byo bakora kandi abibutsa ko muri uyu Umwiherero bazarasa ku ntego kandi bakongera kwisuzuma.
Umukuru w’igihugu yibukije abayobozi bari muri uyu mushyikirano ubera mu Kigo cya Gisirikare cya Gabiro kiri mu Karere ka Gatsibo, mu Ntara y’iburasirazuba, ko inshingano yabo ya mbere ari uguhuza ibyo bifuza kugeraho n’ibikorwa kuko ngo udashobora kugira intego no kwifuza gusiga inyuma amateka yaranze igihugu kandi ntacyo ukora ngo ubigereho.
Yagize ati: “ Ntushobora kugira intego no kwifuza gusiga amateka yacu kure inyuma yacu ngo wongere unitware nk’aho ushobora gufata igihe cyawe ”.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Perezida wa Repubulika yibukije abayobozi kujya bakorana ndetse ababwira ko kunanirwa kuvugana no gukorana biteza igihombo gikomeye. Yavuze ko byose babishobora ariko bagomba kubishyiraho umutima bagakoresha ubumenyi bafite kubw’inyungu z’igihugu n’abaturage bababaye.
Yakomeje avuga ko U Rwanda rukeneye kugera kuri byinshi kandi rufite ubushobozi budahagije, ariko hakaba hakiri abantu bashobora badaterwa ubwoba no gutakaza. Yakomeje abaza agira ati: “ Ese turi guhuza ibyo twifuza kugeraho n’ibikorwa byacu ?”
Yakomeje agira ati: “ Twirirwa twishimira ibyiza twagezeho, ariko se kuki mudakora ibiruse ibyo mushobora gukora “?. Yakomeje avuga ko ugendeye ku mateka y’u Rwanda kugera ku byo twiyemeje mu by’ukuri bidashobora kugerwaho bidashyizweho umutima wose.
Perezida Kagame yasoje ijambo avuga ko yizeye ko aba bayobozi bayiye muri uyu mwiherero bazi ikibajyanye ari byo kurasa ku ntego no kongera kwisuzuma, abasaba gusubira mu nzira bagakora icyo Abanyarwanda babatezeho.
Andi mafoto:
Amafoto: Village Urugwiro
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com
























