Sudani y’Epfo igiye kohereza abakomando 750 muri RDC

Sangiza iyi nkuru

Leta ya Sudani y’Epfo yamaze gufata icyemezo cyo kohereza mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) ingabo 750 zo mu mutwe w’abakomando muri gahunda y’umuryango w’akarere ka Afurika y’iburasirazuba (EAC) yo kurwanya imitwe yitwaje intwaro.

Nk’uko Eye Radio yo muri Sudani y’Epfo ibivuga, byemejwe na Minisitiri w’itumanaho w’iki gihugu, Michael Makuei Lueth mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru tariki ya 26 Kanama 2022 nyuma y’inama y’abagize guverinoma yari yateranye.

Yagize ati: “Niba mubizi neza, inama ya nyuma ya EAC yafatiwemo icyemezo cy’uko ibihugu biyigize bizohereza ingabo muri Congo, kandi twahawe batayo igizwe n’abasirikare 750, bari mu myitozo ubu ngubu.”

Minisitiri Makuei kandi yatangaje ko guverinoma ya Sudani y’Epfo yamaze kwemeza ingengo y’imari izashorwa mu butumwa bw’amahoro bw’izi ngabo, yashingiye ku cyifuzo cya Minisitiri w’ingabo, Angelina Teny. Yose hamwe ni miliyoni 6.7 (6,689,500) z’amadolari ya Amerika.

Ingabo za Sudani y’Epfo zizasanga muri RDC iz’u Burundi zirenga 600 zageze muri iki gihugu tariki ya 15 Kanama 2022, zitegereje ko gahunda ya EAC yatangira. Iz’ibindi bihugu nka Kenya, Tanzania na Uganda.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *