Ibisambo byahondaguye rutahizamu wa FC Barcelona mbere yo kumucucura

Sangiza iyi nkuru

Rutahizamu Pierre-Emerick Aubameyang w’ikipe ya FC Barcelona, yaraye atewe iwe mu rugo n’ibisambo byamukubise mbere yo kumwiba.

Mu gicuku cyo kuri uyu wa Mbere ni bwo abagabo bane bari bahishe amasura binjiye mu rugo rwa Aubameyang ruherereye mu gace ka Castelldefels i Barcelona, baramuhondagura mbere yo kumwiba.

Byari nyuma y’umukino wa shampiyona ya Espagne FC Barcelona asanzwe akinira yaraye inyagiyemo Real Valladolid ibitego 4-0, birimo bibiri bya Robert Lewandowski, icya Pedri Gonzalez ndetse n’icya Sergio Roberto.

Ikinyamakuru El País cyatangaje bwa mbere iyi nkuru cyavuze ko abibye Aubameyang uretse kuba bamukubise, banamuteye ubwoba bamufatiyeho imbunda we n’umugore we.

Iki gitangazamakuru cyavuze ko biriya bisambo byavuye mu rugo rwa Aubameyang nyuma yo kubona agasanduku karimo imitako y’igiciro.

Kuri ubu amakuru avuga ko Polisi ya Espagne yatangiye gukora iperereza ngo imenye abibye urugo rw’uriya rutahizamu w’umunya-Gabon.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *