Amakuru aturuka mu Burundi avuga ko umuhanzi w’Umunyarwanda, Itahiwacu Bruce uzwi nka Bruce Melodie yamaze kurekurwa na Polisi mu kanya gashize.
Urubuga Iteka Magazine rwo mu Burundi rwemeza ko nyuma yo kurekurwa kw’uyu muhanzi, agirana ikiganiro n’abanyamakuru kuri Zion Beach, aho yateganyije gukorera igitaramo.
Imbuga zitandukanye zo mu Burundi zimaze gutangaza amafoto atandukanye ya Bruce Melodie ari kuri Zion Beach, bigaragara ko afite akanyamuneza. Bivugwa ko nta kabuza ataramira Abarundi.

Uyu muhanzi yatawe muri yombi tariki ya 31 Kanama 2022 ubwo yageraga ku kibuga cy’indege i Bujumbura, akurikiranweho kwambura umushoramari witwa Bankuwiha Toussaint amadolari ibihumbi 2 yari yaramwishyuye ngo azajye gukorerayo igitaramo mu mwaka 2018.
Bruce Melodie wasobanuye ko kutitabira iki gitaramo bitamuturutseho, yumvikanye na Bankuwiha, amwishyura amafaranga y’amarundi miliyoni 30, ariko ntiyarekurwa, asabwa izindi miliyoni 30.
Amakuru yaherukaga ku mugoroba wo kuri uyu wa 1 Nzeri, yavugava ko uyu muhanzi yakomeje gufungwa kuko atari yishyuye izi miliyoni 30 yasabwe nyuma.



