Gambia: Uwari umugaba mukuru w’ingabo yakuweho asimbuzwa undi

Sangiza iyi nkuru

Perezida mushya wa Gambia, Adama Barrow, yasimbuje uwari umugaba mukuru w’ingabo, Gen. Ousman Badjie wari kuri uyu mwanya kuva mu 2012, Gen. Massaneh Kinteh.

Ibi bikaba bibaye nyuma y’iminsi micye hatawe muri yombi uwari ukuriye inzego z’ubutasi z’iki gihugu, Yankuba Badje na David Colley wari ukuriye urwego rw’amagereza.

Abirukanwe mu myanya yabo bavugwaho kuba bari abantu ba hafi ba Yahya Jammeh wayoboraga Gambia kuva mu 1994 mu gihe abandi bashinjwa guhohotera abantu nk’uko iyi nkuru dukesha Ijwi rya Amerika ivuga.

Abakurikiranira hafi ibibera muri gambia bavuga ko izi mpinduka mu nzego z’umutekano n’ubutabera zari zitezwe. Amakuru kandi ataremezwa avuga ko uyu Gen. Badjie ashobora koherezwa mu ngabo za Gambia mu mahanga.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Mbere yo kugirwa umugaba mukuru w’ingabo mushya, Gen. Kinteh yari umujyanama mu bya gisirikare udasanzwe wa Adama Barrow kuva muri Mutarama. Uyu mwanya kandi akaba yari yarawubayemo hagati ya 2009 na 2012, aho yari yasimbuwe n’uwo asimbuye akagirwa ambasaderi muri Cuba.

Twabibutsa ko mu minsi ya nyuma ya perezida Yahya Jammeh ubwo yari yugarijwe n’ingabo z’umuryango uhuje ibihugu byo muri Afurika y’uburengerazuba zimusaba kuva ku butegetsi cyangwa agakurwaho ku ngufu, Gen. badjie wari ukuriye ingabo yari yatangaje ko we atazajya muri iyi ntambara.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Dennis Ns./Bwiza.com

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *