Angola: UNITA yahamagaje imyigaragambyo nyuma yo gutera utwatsi ikirego cyayo ku byavuye mu matora

Sangiza iyi nkuru

Urukiko Rushinzwe Kurinda Itegeko Nshinga muri Angola kuri uyu wa Kane rwafashe icyemezo cya nyuma cyo kutakira ikirego cyatanzwe n’ishyaka rya UNITA ryaje ku mwanya wa kabiri mu matora yo ku ya 24 Kanama rishaka gutesha agaciro ibyayavuyemo byahaye intsinzi ishyaka MPLA riri ku butegetsi. Nyuma yo gutera utwatsi ikirego cyayo, UNITA n’andi mashyaka atavuga rumwe n’ubutegets bakaba bahamagaje imyigaragambyo .

Nyuma y’amatora akomeye cyane muri iki gihugu, komisiyo y’amatora yatangaje mu cyumweru gishize ko ishyaka People’s Movement for the Liberation of Angola (MPLA) ryatsinze amatora, biryongerera indi myaka ku myaka hafi mirongo itanu rimaze ku butegetsi, biha manda ya kabiri Perezida Joao Lourenco.

MPLA yagize amajwi 51% by’abatoye, mu gihe ishyaka UNITA naryo rimaze imyaka n’imyaka rishaka kuyobora igihugu ryabashije kugira amajwi 44% ari na yo majwi meza ya mbere ryari rigize kuva ryatangira guhatana.

Umuyobozi wa UNITA, Adalberto Costa Junior, yateye utwatsi ibyavuye mu matora, rivuga ko itandukaniro riri hagati y’amajwi yabaruwe na komisiyo y’amatora n’amajwi yabaruwe y’ishyaka. Yashinje komisiyo y’amatora, ahanini igenzurwa na MPLA, uburiganya.

Komisiyo yavuze inshuro nyinshi ko ibyabaye byakozwe mu mucyo.

Hakurikijwe imibare itandukanye, UNITA ivuga ko yabonye amajwi 49.5% naho MPLA ikagira 48.2%. Imibare ya sosiyete sivile yitwa Mudei, yagenzuye amatora nayo igaragaza ko UNITA yaje imbere gato ya MPLA.

Urukiko ruyobowe n’uwahoze ari umunyamuryango wa MPLA, rwafashe icyemezo cya mbere ku wa Mbere ku kirego cyatanzwe na UNITA ariko icyemezo cyo ku wa Kane kikaba ari icya nyuma kandi ntigishobora kujuririrwa, kubw’ibyo Lourenco azarahira mu cyumweru gitaha.

Umuyobozi w’urukiko, Laurinda Cardoso, yabwiye abanyamakuru ko ibimenyetso byasesenguwe, kandi bashingiye kuri ibyo, bahisemo kwanga uru rubanza.

UNITA n’andi mashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi yahise ahamagaza imyigaragambyo yo mu mahoro yo kwamagana ibyo bavuze ko ari “amakosa” yakozwe mu matora.

Mu bindi bibazo, ngo hari indorerezi 1.300 mu gihugu gikubye kabiri u Bufaransa, abantu bapfuye bagera kuri miliyoni 2.7 bashyizwe kuri lisiti y’itora, kandi ngo MPLA yahawe igihe cy’ikirere kurusha abandi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *