Nyarubuye na Nkomangwa, ubu ni utugari twegeranye two mu murenge wa Munyiginya, akarere ka Rwamagana. Ku gihe cy’abami n’abatware, habereye urubanza rw’inyambo z’ibikomerezwa bibiri: Kagimbura wari muramu wa Rudagigwa na Mugabo wari umukwe w’umutware Rwubusisi.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Iyi misozi yombi yegereye ikiyaga cya Muhazi mu Buganza, ukatiye aho bita kwa Karangara. Kera hari hatuye abo bagabo babiri, ari nabo bahayoboraga. Kagimbura yayoboraga Nkomangwa naho Mugabo akayobora Nyarubuye.
Kagimbura yari musaza w’umwamikazi Nyiramakomari, umugore wa Rudahigwa. Mugabo nawe yari atunze Kagwenyonga, umukobwa wa Rwubusisi. Rwubusisi rero niwe wari umutware wa Buganza Musha, yigeze no gutwara Ubwanacyambwe n’Urukaryi. Yavaga indimwe na Rwabutogo watwaraga Uburiza, bombi ni bene Kigenza.
Urubanza rw’inyambo rwabuze gica, rurangizwa na Rudahigwa
Gasana Yohani Nepomuseni, ni umusaza w’imyaka 79, utuye mu mahuriro ya Nyarubuye na Nkomangwa, akaba ari naho yavukiye mu 1938. Avuga ko inyambo za Mugabo zarishaga Nyarubuye yose, zikagera Nkomangwa, kuko nta rugabano rugaragara uhasanga. Ibi ngo ntibyashimishaga Kagimbura, yabifataga nk’aho Mugabo yamurengereye, akamuragirira mu bwatsi.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Kagimbura yatanze ikirego mu 1946, aregera Rwubusisi, sebukwe wa Mugabo. Rwubusisi ahura n’ihurizo ryo kuburanisha umukwe we na muramu w’umwami. Urubanza yararutinye, abirekera aho, kandi Kagimbura nawe akomeza kurega ko inyambo za Mugabo zimubangamiye.
Gasana ati “Byahagurukije Rudahigwa araza, mu ivatiri y’igitare. Dore yari iparitse kuri ziriya ntusi[yerekana hakurya y’umuhanda] maze araza araruca”.
Rudahigwa ntiyerekanye umunyacyaha nk’uko bigenda mu manza, ahubwo yerekanye imbago buri umwe atagomba kurenga. Kuva ubwo urugabano rwa Nyarubuye na Nkomangwa ruramenyekana. Kagimbura muramu wa Rudahigwa amenya aho atarenga, na Mugabo umukwe w’umutware Rwubusisi amenya ahe.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Karegeya Jean Baptiste/Bwiza.com


