Amavubi U-17 asa n’atakibaho nanone ntakitabiriye CECAFA

Sangiza iyi nkuru

Ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ y’abatarengeje imyaka 17, ku nshuro ya kabiri yikurikiranya ntabwo izitabira irushanwa rya CECAFA y’uyu mwaka igomba kubera muri Ethiopia.

Ni irushanwa rigomba kubera i Addis Ababa kuva ku wa 30 z’uku kwezi, aho byitezwe ko rigomba kwitabirwa n’ibihugu byo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba n’iyo hagati.

U Rwanda nka kimwe mu bihugu binyamuryango bya CECAFA byari byitezwe ko kiri mu bihugu bizitabira ririya rushanwa, gusa mu buryo busa n’ubutunguranye ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ U-17 ntabwo ikiryitabiriye.

Mu buryo busa n’ubwo mu mwaka ushize, amakuru avuga ko Minisiteri ya Siporo yamaze kumenyesha ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ko Amavubi U-17 atagomba kwitabira CECAFA, kuko nta mikoro yo gutunga ikipe muri Ethiopia ahari.

Perezida wa FERWAFA, Nizeyimana Mugabo Olivier, yaherukaga kubwira itangazamakuru ko biteguye ko Amavubi U-17 azitabira CECAFA; gusa avuga ko bazabanza kubaza Minisiteri kuko ari yo ibaha ubushobozi.

Cyakora cyo n’ubwo FERWAFA yavugaga ibi, mu gihe haburaga icyumweru kimwe ngo irushanwa ritangire nta bakinnyi bari barigeze bahamagarwa, ndetse ikipe nta n’umutoza yari ifite kuko Rwasamanzi Yves usanzwe ayitoza ari kumwe n’Amavubi U-23 yaraye anyagiriwe muri Libya ibitego 4-1.

Kuri ubu imyaka imaze kuba ibiri Amavubi y’abatarengeje imyaka 17 atitabira irushanwa iryo ariryo ryose, dore irushanwa aheruka kwitabira ari CECAFA yo muri 2020 yabereye i Rubavu.

Icyo gihe iyi kipe yasezerewe itarenze umutaru.

Iyi kipe isa n’itakibaho muri CECAFA y’uyu mwaka yari hamwe mu tsinda na Uganda, Djibouti, Sudani, n’u Burundi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *