Donald Trump yatangaje ku mugaragaro ko azahatana mu matora yo mu 2024

Sangiza iyi nkuru

Donald Trump yatangaje ko azongera kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu 2024 nubwo ari gukorwaho iperereza ku byaha byinshi ndetse n’imikorere mibi y’abakandida yashyigikiye mu matora yo hagati muri manda aherutse .

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, Trump yatangije ku nshuro ya gatatu guhatanira umwanya wa perezida mu gikorwa cyabereye iwe I Mar-a-Lago muri Floride, nyuma y’icyumweru habaye amatora Abarepubulikani bagenzi be batashoboye gutsindiramo imyanya myinshi mu nteko ishinga amategeko nk’uko bari babyiteze.

Mu ijambo ryatambutse kuri televiziyo yo muri Amerika, Trump yavuganye n’abamushyigikiye babarirwa mu magana mu cyumba gitatsemo amatara menshi n’amabendera menshi ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Uyu muherwe w’imyaka 76 yabwiye imbaga y’abaterankunga ndetse n’abamushyigikiye ati: “Kugira ngo Amerika yongere gukomera muri iri joro, ndatangaza kandidatire yanjye yo kuba perezida wa Amerika.”

Ati: “Ngiye guhatana kuko nizera ko Isi itarabona icyubahiro nyacyo iki gihugu gishobora kugira”.

Yongeyeho ati: “Tuzongera dushyire Amerika imbere.”

Mbere yaho gato kuri uyu wa Kabiri, abamufasha bashyikirije komisiyo ishinzwe amatora muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika impapuro zishyiraho komite yiswe “Donald J Trump kubwa Perezida 2024”.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *