Komanda wa misiyo ya EAC yatangaje ko icyihutirwa atari ukurwanya imitwe nka M23

Komanda w’ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro bw’umuryango wa Afurika y’iburasiruba (EAC) muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Maj. Gen. Jeff Nyagah yatangaje ko icyihutirwa atari ukurwanya imitwe yitwaje intwaro nka M23. Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru ku cyicaro cy’ubu butumwa giherereye i Goma kuri uyu wa 16 Ugushyingo 2022, Gen. Nyagah yavuze ko ingabo za […]

Turebe ukuntu twavanaho abantu umutwaro w’inkwano- Umudepite

Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, Ndagijimana Leonard, yasabye Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Prof Bayisenge Jeannette, ko habaho kwiga uko inkwano zavaho kuko ziri mu biremereye Abanyarwanda. Ibi uyu mudepite yabigarutseho kuwa 15 Ugushyingo, ubwo Inteko yari yahamagaje Minisitiri Bayisenge kugira ngo atange ibisobanuro ku ngamba MIGEPROF ifite mu gushakira umuti ibibazo bigaragara mu […]

RDC: Uhuru Kenyatta yasanze inyeshyamba zitarubahirije ibyo zasabwe na EAC

Umuhuza w’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) mu biganiro by’amahoro hagati y’ubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) n’imitwe yitwaje intwaro ikorera muri iki gihugu, Uhuru Kenyatta, yatangaje ko yasanze iyabyitabiriye itarubahirije ibyo yasabwe. Ibi bikubiye mu itangazo ryasohowe kuri uyu wa 16 Ugushyingo 2022 n’ibiro bihagarariye Ambasade ya Kenya biri mu mujyi wa Goma, […]

Ingabo za FARDC zabujije inyeshyamba za M23 kurenga agasozi ka Nyundo

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 16 Ugushyingo, biravugwa ko FARDC yabujije inyeshyamba za M23 kurenga agasozi wa Nyundo, gaherereye muri Gurupoma ya Buhumba muri Teritwari ya Nyiragongo muri Kivu y’Amajyaruguru . Nk’uko amakuru abivuga, ibisasu biremereye byumvikanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gtatu hagati ya Gurupoma za Kibumba na Buhumba. Hagati aho ibintu […]

Biden yavuze ko missile yarashwe muri Pologne ikitirirwa u Burusiya yaturutse muri Ukraine

Perezida Joe Biden wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko igisasu cyo mu bwoko bwa missile cyaraye kirashwe muri Pologne kikitirirwa u Burusiya, cyaturutse muri Ukraine. Biden yabibwiye abakuru b’ibihugu bagenzi bo mu bihugu birindwi bikize kurusha ibindi ku Isi (G7) bari kumwe i Bali muri Indonesie mu nama ya G20; ndetse n’Umuryango w’ubwirinzi […]

U Burundi bwihakanye Umurundikazi wambariye ‘bikini’ muri Miss Earth

Nzirumbanje ubwo yavaga mu Burundi, agiye kwitabira Miss Earth

Guverinoma y’u Burundi yihakanye Umurundikazi witwa Lauria Claudine Nzirumbanje wambariye umwambaro wo kogana uzwi nka ‘bikini’ mu irushanwa mpuzamahanga ry’ubwiza rya Miss Earth. Nzirumbanje w’imyaka 21 y’amavuko yavuye i Bujumbura tariki ya 11 Ugushyingo 2022, yerekeza muri Philippines ahabera iri rushanwa, akaba ari Umurundikazi wa mbere witabiriye iri rushanwa. Nk’uko ikinyamakuru Akeza giherutse kubitangaza, uyu […]

65% of women find wife-beating justifiable-Rwandan survey

Prof. Jeannette Bayisenge, the Minister of Gender and Family Promotion, has said that Rwanda has a long way to go to end gender-based violence, because the majority of women still support wife-beating. Appearing before parliament on Tuesday, November 15 to answer questions about family conflicts and problems affecting society, Bayisenge said 65 per cent of […]

Ethiopia: TPLF yemeranyije na leta gushyira intwaro hasi ingabo za Eritrea niziva mu gihugu

ethio.jpg

Guverinoma ya Ethiopia muri weekend ishize yemeranyije n’abayobozi b’ingabo za Tigray People Liberation Front (TPLF) ko aba barwanyi b’inyeshyamba bazashyira intwaro hasi ingabo za Eritrea nizimara kuva ku rugamba mu gihugu. Amasezerano yo gushyira intwaro hasi yagezweho i Nairobi, bigizwemo uruhare n’abahuza b’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Obasanjo na Uhuru Kenyatta, avuga ko umutwe w’inyeshyamba […]

Imyaka 14 irashize Gen. Laurent Nkunda yakiriye Obasanjo muri Rutshuru

Gen. Nkunda yakira Obasanjo mbere yo kugirana ikiganiro

Tariki ya 16 Ugushyingo 2008, GĂ©nĂ©ral Laurent Nkundabatware wayoboraga umutwe witwaje intwaro wa CNDP (CongrĂšs National pour la DĂ©fense du Peuple) yakiriye ku biro bye muri gurupoma ya Jomba muri teritwari ya Rutshuru Olusegun Obasanjo wabaye Perezida wa Nigeria. Obasanjo wagiye muri Rutshuru mu gihe imirwano y’ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) na […]

US pressures Rwanda to facilitate as M23 eyes capturing Goma

US Secretary of State Antony Blinken has called on Rwanda “to take steps to facilitate de-escalation” in eastern DRC where Congolese forces are engaged in a battle with M23 rebels that are allegedly being supported by Rwanda. On Tuesday, Blinken and Rwanda’s Minister for Foreign Affairs engaged in private talks on the margins of the […]

USA yatangaje icyo irakora nyuma y’aho igisasu cyiciye babiri ku butaka bwa NATO

Leta zunze ubumwe za Amerika (USA) zatangaje icyo zigiye gukora nyuma y’aho igisasu bikekwa ko ari icy’ingabo z’u Burusiya cyangwa za Ukraine cyiciye abantu babiri ku butaka bw’umuryango mpuzamahanga w’ubwirinzi wa NATO. Iki gisasu cyarashwe mu masaha y’ikigoroba cy’uyu wa 15 Ugushyingo 2022 mu gace ka Przewodow ko muri Poland kari mu bilometero bibarirwa muri […]

Abandi bakomando ba Kenya bategerejwe i Goma

Icyiciro cya kabiri cy’abasirikare ba Kenya bahagurutse ku kibuga cy’indege cya gisirikare cya Embakasi i Nairobi kuri uyu wa Gatatu, i Goma muri Congo Kinshasa. Ni icyiciro kigizwe n’abasirikare babarirwa muri 900 bagiye mu butumwa bw’umutwe w’ingabo z’Umuryango wa Afurica y’iburasirazuba (EAC) bwo kurwanya imitwe yitwaje intwaro ikorera mu Burasirazuba bwa Congo. Aba basirikare baje […]

La Banque nationale du Rwanda a augmentĂ© le taux de prĂȘt pour contenir l’inflation

La Banque nationale du Rwanda (BNR) a dĂ©cidĂ© Mardi de relever le taux repo de 6,0% Ă  6,5% dans le but de contenir l’inflation . “L’inflation devrait rester Ă©levĂ©e plus longtemps que prĂ©vu. Cela est principalement dĂ» aux dĂ©fis Ă©conomiques mondiaux persistants ainsi qu’Ă  la baisse de la production agricole nationale”, a dĂ©clarĂ© le gouverneur […]

Uruhare abasirikare ba FARDC bagize mu gutuma ab’i Kanyarucinya bakwira imishwaro

fhqnqxnwiae8kb-.jpg

Kuri uyu wa Kabiri ushize, itariki 15 Uushyingo, nyuma ya saa sita, ubwoba bwari bwose i Kanyarucinya ndetse no mu Mujyi wa Goma, aho bivugwa ko ubwo bwoba bwatewe n’umusirikare wa FARDC wari wataye umutwe warasiye amasasu menshi mu nkengero z’inkambi yakiriye abavanwe mu byabo ya Kanyarucinya bagakwira imishwaro bazi ko inyeshyamba zahageze . Ikindi […]

Byinshi ku mujyi wa Lourdes ufite umubare w’ibyumba bya hoteli uruta uw’abawutuye

Bazilika yitiriwe Bikira Mariya utarasamanwe icyaha

Lourdes ni umujyi wo mu Bufaransa uzwi kubera ubukerarugendo nyobokamana buhabera nyuma y’amabonekerwa ya Bikira Mariya Utasamanywe icyaha ku mwangavu witwaga Bernadette Soubirous. Ibarura ryakozwe muri 2021 ryerekanye ko Lourdes ituwe n’abantu 14,361. Amahoteli awubarizwamo yemewe ku rwego mpuzamahanga agera ku 173, akagira ibyumba byo gucumbikamo 14,724 n’ibitanda by’uburiri 22,200. Ni ukuvuga ko buri muturage […]

Urukiko rwemeye guhagarika urubanza rwa P.D. Habumuremyi

Urukiko rwibanze rwa Gasabo, kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 15 Ugushyingo, rwatanze uburenganzira bwo guhagarika dosiye yaregwagamo uwahoze ari Minisitiri w’intebe, Pierre-Damien Habumuremyi, maze rwemera gukemura ikibazo cye hanze y’urukiko . Mu gihe cyo gutangaza iki cyemezo, umucamanza wari ufite urubanza yemeje icyifuzo cya Daniel Bizimana cyo gukuraho ikirego yari yareze Habumuremyi ko yamukodesheje […]

Donald Trump yatangaje ku mugaragaro ko azahatana mu matora yo mu 2024

Donald Trump yatangaje ko azongera kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu 2024 nubwo ari gukorwaho iperereza ku byaha byinshi ndetse n’imikorere mibi y’abakandida yashyigikiye mu matora yo hagati muri manda aherutse . Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, Trump yatangije ku nshuro ya gatatu guhatanira umwanya wa perezida mu […]

Uhuru Kenyatta yasabye FARDC na M23 kugirira impuhwe Abanyekongo

Uhuru yababajwe n'imibereho y'abahungiye Kanyaruchinya

Intumwa y’amahoro y’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) mu biganiro by’ubuhuza hagati y’ubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) n’imitwe yitwaje intwaro, Uhuru Kenyatta, yasabye ingabo za Leta na M23 kugirira impuhwe Abanyekongo. Uhuru uri mu ruzinduko muri RDC kuri uyu wa 15 Ugushyingo 2022 yasuye Abanyekongo benshi bahungiye imirwano y’ingabo za Leta na M23 […]

Zongeye kubyara amahari hagati y’u Burusiya na Ukraine kubera missile yarashwe muri Pologne

Umwuka mubi wongeye gututumba hagati y’igihugu cy’u Burusiya n’icya Ukraine, nyuma y’uko igisasu cyo mu bwoko bwa missile kirashwe muri Pologne kikica abantu babiri. Iyi misile yishe bariya basivile, nyuma yo kugwa mu gace k’icyaro ka Przewodow gaherereye hafi y’umupaka wa Pologne na Ukraine. Perezida Andrzej Duda wa Pologne mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru, yavuze ko […]

M23 ‘yafashe’ Kibumba nyuma y’imirwano ikaze ku musozi wa Bizuru

Amakuru aravuga ko abarwanyi bo mu mutwe wa M23 kuri uyu wa 15 Ugushyingo 2022 bigaruriye agace ka Kibumba kari kamaze iminsi kaberamo imirwano, FARDC yari yihagazeho ariko imirwano ikomeye ku musozi wa Bizuru, yarangiye ikuyemo akayo karenge. Muri iyi mirwano, agasozi ka Bizuru ni ko kari kagoye abarwanyi ba M23, kuko ngo bakimara kugafata, […]

Kigali: Babiri barimo ukekwaho gukwirakwiza impuha batawe muri yombi

Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda (TRS), ryafashe abagabo babiri bafatiwe mu bikorwa bitandukanye mu Mujyi wa Kigali, aho umwe akurikiranyweho gukwirakwiza ibihuha mu gihe undi yafatiwe guhisha nimero iranga ikinyabiziga (Plaque) hagamijwe gukwepa ibihano ku makosa yo mu muhanda. Ubwo yaganiraga n’itangazamakuru, ku Cyicaro cy’Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu […]