Intumwa y’amahoro y’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) mu biganiro by’ubuhuza hagati y’ubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) n’imitwe yitwaje intwaro, Uhuru Kenyatta, yasabye ingabo za Leta na M23 kugirira impuhwe Abanyekongo.
Uhuru uri mu ruzinduko muri RDC kuri uyu wa 15 Ugushyingo 2022 yasuye Abanyekongo benshi bahungiye imirwano y’ingabo za Leta na M23 mu gace ka Kanyaruchinya, avuye mu mujyi wa Goma.
Uyu munyepolitiki wabaye Perezida wa Kenya yumvise ugutakamba kw’aba baturage, aboneraho gusaba impande zihanganye guhagarika imirwano kugira ngo aba bantu bave mu buzima bugoye, nyuma y’aho hakurikireho ibiganiro by’amahoro.
Nk’uko Radio Okapi ibivuga, Uhuru nyuma yo gusura izi mpunzi, yabwiye abanyamakuru ati: “Twari hamwe kandi mwiboneye abana, abagore, abasaza n’abakecuru bavuye aho bari batuye mu gihugu cyabo. N’ubwo twaba dufitanye amakimbirane, n’ubwo twaba tudahuza, dukwiye guhagarika imirwano.”
Yakomeje asaba FARDC na M23 guhagarika imirwano, hanyuma hagakurikiraho imishyikirano. Ati: “Abavanwe mu byabo ntacyo bakora kuri iyi ntambara. Tugirire impuhwe aba bantu, duhagarike imirwano maze tugirane ibiganiro.”
Uhuru yatangaje ko bibabaje kubona abantu babarirwa mu bihumbi bahunga, babayeho nk’inyamaswa zo mu ishyamba, avuga ko ari inshingano ya buri wese kugira ngo iyi mirwano ihagarare, kandi ko nta ruhande mu zihanganye yatunga urutoki kuri iki kibazo.
Yagize ati: “Icyo twabonye uyu munsi ni uko ikiremwamuntu kibayeho nk’inyamaswa yo mu ishyamba. Ni inshingano yacu guhagarika iyi ntambara. Nta we twakwamagana. Iyi nama irareba impande zose ziri mu makimbirane.”
Uhuru Kenyatta agiriye inama FARDC na M23 guhagarika imirwano mu gihe byateganyijwe ko imishyikirano hagati ya Leta ya RDC n’imitwe yitwaje intwaro irasubukurwa kuri uyu wa 16 Ugushyingo 2022.



