Amakuru aravuga ko abarwanyi bo mu mutwe wa M23 kuri uyu wa 15 Ugushyingo 2022 bigaruriye agace ka Kibumba kari kamaze iminsi kaberamo imirwano, FARDC yari yihagazeho ariko imirwano ikomeye ku musozi wa Bizuru, yarangiye ikuyemo akayo karenge. Muri iyi mirwano, agasozi ka Bizuru ni ko kari kagoye abarwanyi ba M23, kuko ngo bakimara kugafata, ingabo za Leta zacitse intege zirahunga. Kibumba ni agace kari mu birometero 20 uvuye mu Mujyi wa Goma gusa amakuru aravuga ko FARDC ku Mupaka wa Kabuhanga ukora ku Rwanda, yahunze. Kuva ku Mupaka wa Kabuhanga uhana imbibi n’u Rwanda ukagera i Goma harimo utundi duce nka: Kirimanyoka, Kibati, Kanyarucinya, mu Munigi, ugera mu mujyi wa Goma. Ku ifatwa rya Kibumba, Uwitwa Serge Kamba kuri Twitter yavuze ko Kibumba iri mu maboko ya FARDC. Umuvugizi wa M23 mu bya gisirikare, Major Willy Ngoma, yamuhaye inkwenene ubwo yamusubizaga. Kuri ubu abaturage bakomeje guhunga bamwe bava mu Mujyi wa Goma batinya ko imirwano yagera muri uyu mujyi. Guverineri wa Kivu ya Ruguru, Lt Gen Constant Ndima Kongba, ejo yabwiye abaturage kwirinda kugwa mu mutego wa puropaganda z’uruhande rumwe. Umuvugizi wa FARDC muri Kivu ya Ruguru, Lt Colonel Ndjike Kaiko yavuze ko bahagaze neza, ko umugambi ari ugusubiza umwanzi Aho aturuka. Ntacyo yavuze ku kuba baba batakaje Kibumba nk’uko Politico.cd yabitangaje. FARDC i Kinshasa ntacyo iratangaza kuri aya makuru ko ubu Kibumba hagenzurwa na M23.
Yavuze ko Ingabo ziri kwitwara neza ku rugamba zihanganyemo n’umwanzi, asaba abanye-Congo gutuza bakirinda abakomeje guca igikuba.



4 Responses
M23 ‘yafashe’ Kibumba nyuma y’imirwano ikaze ku musozi wa Bizuru
NTAGOMPA TUZAYIFATA.
M23 ‘yafashe’ Kibumba nyuma y’imirwano ikaze ku musozi wa Bizuru
NTAGOMPA TUZAYIFATA.
M23 ‘yafashe’ Kibumba nyuma y’imirwano ikaze ku musozi wa Bizuru
Ntamamvu yintambara habeho ibiganiro kisekedi Ashishoze harabamushuka
M23 ‘yafashe’ Kibumba nyuma y’imirwano ikaze ku musozi wa Bizuru
Ntamamvu yintambara habeho ibiganiro kisekedi Ashishoze harabamushuka