GridArt_20260623_213009268_copy_1000x666

Ushinjwa na Shaddyboo kumusambamya ku gahato yatawe muri yombi

Sangiza iyi nkuru

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwataye muri yombi Iradukunda Aimable uzwi nka Yugi Umukaraza ushinjwa na Mbabazi Shadia wamenyekanye ku mbuga nkoranyambaga nka Shaddyboo kumusambamya ku gahato.

Amakuru y’itabwa muri yombi ry’uyu musore yemejwe n’umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry.

Yabwiye ikinyamakuru Igihe ko ukekwa afungiye kuri Sitasiyo ya Kimironko, mu gihe iperereza rigikomeje.

Shaddyboo aheruka gutangaza ko uriya musore yamufatiranyije mu ntege nke akamusambanya ku gahato, nyuma yo kumusanga iwe mu ijoro ryo ku wa 21 Kamena 2026.

Uyu mugore yavuze ko uyu musore bahoze ari inshuti, kandi ko ku mugoroba wo ku wa 21 Kamena 2026 yagiye kumusura iwe yitwaje amacupa abiri y’inzoga, barazisangira.

Nyuma yo gusabana no kunywa inzoga, Shaddyboo yavuze ko uyu musore yamufatiranye yasinze, akabyuka asanga baryamanye kandi yambaye ubusa.

Yavuze ko yababajwe no kwisanga yaryamanye n’uyu musore, kuko ngo atari ibintu bari bumvikanyeho, ahubwo ko yamufatiranye mu ntege nke ze igihe yari yasinze.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *