Louise Mushikiwabo yongeye gutorerwa kuyobora La Francophonie muri manda ya nyuma

Sangiza iyi nkuru

Umunyarwandakazi Louise Mushikiwabo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 19 Ugushyingo, yatorewe kuba Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga uhuriwemo n’ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (OIF) muri manda ye ya kabiri.

Mushikiwabo yatorewe mu nama y’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma zigize uriya muryango yabereye i Djerba mu gihugu cya Tunisie. Yatowe nyuma yo gushyigikirwa n’abakuru b’ibihugu bose n’aba za Guverinoma bari mu cyumba cyatorewemo.

Perezida Paul Kagame ni umwe mu bari i Djerba ndetse ari no mu bitabiriye itora.

Louise Mushikiwabo yari amaze imyaka ine ari we munyamabanga Mukuru wa La Francophonie, nyuma yo gutorerwa manda ya mbere muri 2018 ahigitse umunya-Canada Michelle Jean.

Mu matora yo kuri uyu wa Gatandatu ni we wari umukandida rukumbi.

Mushikiwabo biteganyijwe ko agomba gukomeza kuyobora uriya muryango muri manda y’imyaka ine ari na yo ya nyuma kuri we.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *