Ikipe y’Igihugu ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yabonye inota rya mbere mu mikino y’Igikombe cy’Isi ikomeje kubera muri Qatar, nyuma yo kugwa miswi na Pays de Galles (Wales) igitego 1-1.
Hari mu mukino wa kabiri wo mu itsinda B amakipe yombi yari yahuriyemo, nyuma y’undi wo muri iri tsinda u Bwongereza bwanyagiyemo Iran ibitego 6-2.
Abanyamerika bayoboye umukino hakiri kare cyane, babifashijwemo n’igitego cyo ku munota wa 36 w’umukino cya Timothy Weah wari uhawe umupira mwiza na Christian Pulisic usanzwe akinira Chelsea yo mu Bwongereza.
Tim Weah watsindiye Abanyamerika kiriya gitego asanzwe ari umuhungu wa George Weah; Umunyafurika rukumbi watwaye Ballon d’Or kuri ubu unasanzwe ari Perezida w’igihugu cya Liberia.
Igitego cye ni na cyo cyatandukanyije impande zombi mu minota 45 y’igice cya mbere cy’umukino wasaga n’uringaniye ku mpande zombi. Ni umukino utanabonetsemo uburyo bwinshi bw’ibitego ku mpande zombi.
Nyuma yo gushyira igitutu ku Banyamerika mu minota ya nyuma y’umukino, byasabye umunota wa 82 w’umukino kugira ngo Pays de Galles yishyure igitego yari yatsinzwe biciye kuri rurangiranwa Gareth Bale.
Ni igitego uyu rutahizamu wahoze akinira Real Madrid yatsinze kuri Penaliti, nyuma y’ikosa yari amaze gukorerwaho mu rubuga rw’amahina na Walker Zimmerman.
Biteganyijwe ko Wales ku wa Gatanu w’iki cyumweru igomba guhura na Iran mu mukino uteganyijwe kuba saa sita z’i Kigali, mu gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika zizahura n’Abongereza bahoze barazikolonije.
Mu wundi mukino waraye ubaye: Ikipe y’Igihugu ya SĂ©nĂ©gal ihagarariye umugabane wa Afurika yatangiye nabi, nyuma yo gutsindwa n’u Buholandi ibitego 2-0.
Ni SĂ©nĂ©gal yari yagerageje kurwanira ishyaka ryayo nyuma yo kubura Sadio ManĂ© isanzwe igenderaho, gusa iza gutsindwa ibitego byo mu minota ya nyuma y’umukino bya Cody Gakpo na Davy Klaassen wari winjiye mu kibuga asimbura.


