Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yahakanye amakuru avuga ko yaba yitabaje abarwanyi bo mu mutwe wa CODECO, ngo bajye gufasha Ingabo zayo guhangana mu mirwano n’inyeshyamba za M23.
Amakuru y’uko RDC yaba yitabaje umutwe wa CODECO ushinjwa gukorera ubwicanyi bw’indengakamere muri Teritwari ya Ituri, yatangiye kuvugwa ku mbuga nkoranyambaga kuva ejo ku wa Gatatu.
Ku mbuga nka Twitter hakwirakwijwe amashusho y’abasirikare bakuru ba Congo Kinshasa bari bateranyirije hamwe amagana y’abarwanyi ba CODECO, bigaragara ko basa n’abagiye ku ikosi; dore ko bamwe muri aba barwanyi byagaragaraga ko bahetse ibikapu biremereye.
Guverineri wa gisirikare w’Intara ya Ituri, Gen. Johnny Luboya N’kashama, yavuze ko nta gahunda yo kwinjiza bariya barwanyi muri FARDC iriho; ko ahubwo ikigamijwe ari ukubambura intwaro ndetse no kubasubiza mu buzima busanzwe binyuze muri gahunda yitwa P-DDRCS.
Yunzemo ko “nta n’umwe mu bagize imitwe yitwaje intwaro winjijwe mu rwego rw’abakorerabushake mu myitozo ya FARDC.”
CODECO muri uyu mwaka wa 2022 wonyine ivugwaho kwica abasivile barenga 200 muri Teritwari za Djugu na Ituri ho mu ntara ya Ituri.
Congo Kinshasa yahakanye kwinjiza mu ngabo zayo abarwanyi bo muri uyu mutwe, mu gihe hashize igihe kirekire zishinjwa gukorana n’imitwe irimo uwa FDLR urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, uwa Mai-Mai ndetse na Nyatura.


