Beatrice Munyenyezi ukurikiranyweho kugira uruhare muri Jenoside yakrewe Abatutsi, yongeye kwiyama umucamanza ukuriye inteko iburanisha amushinja gufata ibyemezo bibogamye nyuma y’aho umucamanza wo mu rukiko rwisumbuye rwa Huye afashe icyemezo ko abatangabuhamya bamushinja bagomba gutangira ubuhamya mu muhezo .
Abo ni na bo bamushinjirije mu ruhame muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Abo batangabuhamya urukiko rwisumbuye rwa Huye ruvuga ko rwabahaye amazina y’amahimbano mu mugambi wo kubarindira umutekano.
Uruhande ruregwa rero rwabaye nk’urutunguwe nyuma y’uko Umucamanza atangaje ko aba batangabuhamya bagomba kurindirwa umutekano.
Umwe mu bunganira Munyenyezi Me Felicien Gashema yavuze ko baje mu rukiko biteguye kuburana abatangabuhamya bari mu ruhame ariko batungurwa n’uko bagiye kurindirwa umutekano.
Aribaza uburyo umwe mu batangabuhamya yasaba kurindirwa umutekano bikarangira bose babashyize mu muhezo.
Mugenzi we, Me Bruce Bikotwa we yibaza impamvu abo batangabuhamya imyirondoro yabo yagaragajwe mu rukiko rwarangiza rugatangaza ko batangira ubuhamya mu muhezo.
Aba bakaba basabye ko batangira ubuhamya mu ruhame bikazaborohera no kubahata ibibazo mu bwisanzure, bagasanga ubushinjacyaha bwakabaye bwarabasabiye kubutangira mu muhezo mbere kuko ibyabo byamaze kujya ku karubanda.
Umunyamategeko Gashema avuga ko u Rwanda rutekanye bihagije. Akibaza impamvu aba batangabuhamya bashinja uwo yunganira basaba kurindirwa umutekano. Yavuze ko kuva bagaragara mu rukiko nta kibi kigeze kibabaho.
Ubushinacyaha bwo bwasabye urukiko kujya kwiherera ruza rutegeka ko abatangabuhamya barindirwa umutekano kuko ngo nta mategeko yaba yishwe batangiye ubuhamya bwabo mu muhezo.
Munyenyezi yahise abwira umucamanza ukuriye inteko iburanisha ko amwiyamye kandi nta butabera amwitezeho.
Munyenyezi yabwiye umucamanza Patricie Mukayiza ko afata ibyemezo bibogamye, agakeka ko ashobora kuba amufitiye urwango rushingiye ku byaha aregwa.
Yagize ati “ “Nyakubahwa Perezidante w’inteko murabogamye cyane. Sinshobora guhabwa ubutabera nawe kuko kuva wamburanisha wagiye ufata ibyemezo bibogamye. Ndakwihannye!”
Yakomeje agira ati “Ndabizi ko jenoside yakorewe abatutsi yagize ingaruka zitandukanye kuri benshi ndetse ibasigira ibikomere bikomeye. Niba uri umwe muri abo I’m sorry, bisobanuye ngo umbabarire. Rero niba bimeze bityo mwaba muhindutse umucamanza n’uwicira urubanza kuko ndegwa ibyaha bya jenoside yakorewe abatutsi.”
Ni ubwa kabiri Munyenyezi yihana umucamanza ukuriye inteko iburanisha amushinja kumufatira ibyemezo yita ko “bibogamye”.
Muri Gicurasi 2021 ni bwo Leta Zunze Ubumwe za Amerika zirukanye Munyenyezi ku butaka bwazo nyuma yo gusanga yarabeshye inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka muri Amerika.



2 Responses
Huye: Beatrice Munyenyezi yongeye kwikoma umucamanza amushinja kubogama
ESE KUKI UYI NTERAHAMWEKAZI BEATRICE MUNYENYEZI BATAMUHARANGURA NKABANDI BAGORORWA?
Huye: Beatrice Munyenyezi yongeye kwikoma umucamanza amushinja kubogama
ESE KUKI UYI NTERAHAMWEKAZI BEATRICE MUNYENYEZI BATAMUHARANGURA NKABANDI BAGORORWA?