Burera: Umuryango w’abantu 6 urasaba gutabarwa

Umuryango utishoboye ugizwe n’abantu batandatu wo mu mudugudu wa Karambo, akagari ka Kagitega, umurenge wa Cyanika urasaba ubufasha ukubakirwa inzu yo kubamo kubera ko iyo babamo ibateye impungenge ko ishobora kubagwira kubera gusaza cyane. Ni Umuryango w’umugabo witwa Ngirabakunzi Bénjamin, umugore we Nyiransenga Espérance n’abana babo bane, bose bakaba barara mu nzu ishaje bafite impungenge […]
USA yasubijeho ibihano yari yarakuriyeho General Bunyoni
Leta zunze ubumwe za Amerika (USA) zasubijeho ibihano zari zarafatiye General de Police Alain-Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi. Ibiro bya USA bishinzwe ububanyi n’amahanga tariki ya 9 Ukuboza byasobanuye ko Bunyoni yafatiwe ibihano kubera ibikorwa bibangamira uburenganzira bw’ikiremwamuntu bimushinja gukora. Byagize biti: “Alain Guillaume Bunyoni (Bunyoni) wabaye umuyobozi mu Burundi. Hashingiwe ku gika […]
Abanyeshuri bahishuye uruhare rwabo muri rwaserera iri hagati ya INES-RUHENGERI na Mwarimu Musanganya
Umuyobozi w’Ihuriro ry’Abanyeshuri biga muri Kaminuza ya INES-RUHENGERI, Ntivuguruzwa Dieudonne, avuga ko ari impamo ko bandikiye Musenyeri Harolimana Vincent, Umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Ruhengeri akaba n’Uhagarariye iyo kaminuza mu mategeko, ubugira kabiri, bamusaba ko uwitwa Musanganya Faustin, umwe mu banyamuryango shingiro ba Kaminuza ya INES-RUHENGERI, yakwirukanwa kuko yahamwe n’icyaha cy’ingengabitekerezo ya jenoside, akanabihanirwa. BWIZA […]
Imvubu yarutse umwana w’imyaka 2 ari muzima
Imvubu yarutse umwana w’imyaka 2 y’amavuko witwa Paul Yiga, ufite ubarizwa mu gace ka Katwe-Kabatooro mu karere ka Kasese muri Uganda, ari muzima. Umuvugizi wa Polisi ya Uganda, Fred Enanga, yasobanuye ko iyi mvubu yari ivuye mu kiyaga cya Edouard mu masaa munani ya tariki ya 4 Ukuboza 2022, yamize uyu mwana ubwo yamusangaga ari […]
Amafoto: M23 yakiriye intumwa z’ingabo za EAC na FARDC

Umutwe witwaje intwaro wa M23 watangaje ko wakiriye intumwa zirimo iz’ingabo z’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EACRF), ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo (FARDC), iza MONUSCO, iz’urwego rushinzwe umutekano wo ku mipaka mu karere k’ibiyaga bigari (EJVM) n’iz’urwego ruhuriweho rushinzwe iperereza ruyobowe n’umusirikare wa Angola. Umuvugizi wa M23 ku rwego rwa politiki, Lawrence Kanyuka, mu […]
RDC: Abarenga 100 bahitanwe n’imvura ikomeye yaguye i Kinshasa
Abantu barenga 100 ni bo byamaze kumenyekana ko bamaze guhitanwa n’imvura nyinshi yaguye i Kinshasa, mu murwa mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Iyi mvura idasanzwe amakuru avuga ko yatangiye kugwa mu rucyerera rwo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 13 Ukuboza 2022. Byari mbere yo guteza inkangu ndetse n’imyuzure ikomeye mu ntara ya […]
IRMCT iravuga ko ubu umuntu ishyize imbere mu gushakisha mu bakekwaho jenoside ari Kayishema

Serge Brammertz, Umushinjacyaha w’Urwego Mpuzamahanga rwashyiriweho kurangiza imanza zasizwe n’Urukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda, yavuze ko mu gushakisha abantu bane basigaye bakekwaho uruhare muri jenoside bahunze ubutabera, ushyizwe imbere ari Fulgence Kayishema, ukurikiranyweho ubwicanyi bw’impunzi zirenga 2000 . Ibi yabitangaje kuri uyu wa Mbere, itariki 12 Ukuboza, ubwo yagezaga ku Kanama k’Umutekano ka Loni iterambere […]
Le FMI approuve un financement climatique de 319 millions de dollars pour le Rwanda
Le Fonds monétaire international (FMI) a approuvé un prêt de 319 millions de dollars (environ 342 milliards de Frw) pour financer des projets de lutte contre le changement climatique au Rwanda . Le financement est garanti dans le cadre de la Facilité pour la résilience et la durabilité (RSF), une initiative qui vise à aider […]
Rurageretse hagati ya Harmonize n’uwari umukunzi we bapfa imodoka yari yaramuguriye
Fridah Kajala wahoze ari umukunzi wa Harmonize yanze kumusubiza Range Rover yahawe nk’impano n’uyu muririmbyi havuka intambara y’amagambo hagati yabo . Harmonize yerekanye Range Rovers ebyiri yari yarahaye Kajala mu ntangiriro z’uyu mwaka ubwo yari arimo kumureshya ngo basubirane. Icyo gihe, Harmonize yavuze ko yahisemo ubwo bwoko bw’imodoka kuko yari imodoka y’inzozi ya Kajala. Yongeyeho […]
U Rwanda rumaze kohereza abasirikare barenga 73,000 mu butumwa bwo kugarura amahoro_Gen Murasira

Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, Maj. Gen Albert Murasira, yatangaje ko abasirikare 73,700 barimo abagore 1,700 ari bo u Rwanda rumaze kohereza mu bikorwa byo kubungabunga amahoro mu bihugu bitandukanye; kuva rubitangiye muri 2004. Minisitiri Murasira yabitangaje mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 13 Ukuboza, ubwo yagiranaga ikiganiro na Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane […]
Uganda: Umuryango w’Abanyamerika ufunzwe ushinjwa gukorera iyicarubozo umwana urera
Umugabo n’umugore b’Abanyamerika batuye mu gace ka Naguru muri Kampala, mu gihugu cya Uganda, boherejwe muri gereza ya Luzira nyuma yo gushinjwa imbere y’urukiko bakekwaho kwica urubozo umwana w’imyaka 10, ubana n’ubwandu bwa virusi itera SIDA . Mackenzie Leing Mathias Spencer na Nicholas Spencer barashinjwa kuba barahaye umwana ibihano bikaze, bakamwambura uburenganzira bwo kwiga bakanamufungira […]
Imishyikirano y’Abanyekongo ibera i Nairobi izatwara amadolari miliyoni 350

Umunyamabanga Mukuru w’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC), Dr Peter Mutuku Mathuki, yatangaje ko imishyikirano y’Abanyekongo ibera i Nairobi izatwara amadolari ya Amerika miliyoni 350. Dr Mathuki yabimenyesheje akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano ku mugoroba wa tariki ya 9 Ukuboza 2022, ubwo yakagezagaho raporo y’iyi mishyikirano igamije gushakira amahoro uburasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo […]
Izindi mpunzi z’abanye-Congo ziba mu Rwanda zaramukiye mu myigaragambyo
Impunzi z’abanye-Congo zo mu nkambi ya Mahama mu karere ka Kirehe, zaramukiye mu myigaragambyo zamagana ubwicanyi bukomeje gukorerwa Abatutsi b’abanye-Congo. Ni ubwicanyi Ingabo za Congo (FARDC) zifatanyije n’imitwe yitwaje intwaro ya FDLR, Mai-Mai na Nyatura bashinjwa gukorera Abatutsi bo muri za Teritwari za Rutshuru na Masisi zo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Abatutsi bo muri […]
Amerika igiye kureshyesha Afurika miliyari 55$ mu rwego rwo gukumira Abashinwa n’Abarusiya
Kuri uyu wa Mbere ushize, White House yavuze mbere y’inama ihuza Amerika na Afurika ko iteganya gutanga miliyari 55 z’amadolari mu rwego rwo gufasha Afurika mu bukungu, ubuzima mu myaka itatu iri imbere . Umunsi umwe mbere y’uko Perezida Joe Biden yakira kuri uyu wa Kabiri abakuru b’ibihugu 50 bo muri Afurika mu gihe Washington […]
Abarwanyi ba ADF binjiye muri Uganda, bica abaturage

Abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa ADF binjiye muri Uganda bavuye mu birindiro byabo mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC). Umunyamakuru Canary Mugume wibanda ku nkuru zicukumbuye yatangaje ko abarwanyi ba ADF bambutse umugezi wa Semuliki utandukanya RDC na Uganda mu ijoro, binjira mu gace ka Bweramule mu karere ka Ntoroko. Aya makuru yemejwe […]
Abana b’impanga icyenda basubiye muri Mali nyuma y’igihe bavukiye muri Maroc
Abana icyenda bavukiye icya rimwe bakabaho – bonyine ku isi kugeza ubu – basubiye iwabo muri Mali bameze neza nyuma y’umwaka n’igice bavutse muri Maroc bakahaguma barimo kubitaho. Izi mpanga zidasanzwe zavukiye mw’ivuriro ryigenga muri Gicurasi(5) 2021 i Casablanca muri Maroc ari naryo ryakomeje kubakurikirana. Baciye umuhigo wa Guinness World Record w’abana b’impanga benshi bavukiye […]
Papa Francis yandikiye abakuru b’ibihugu abasaba guha imbabazi imfungwa muri iki gihe
Mu gihe Noheri yegereje, Papa Francis yandikiye abakuru b’ibihugu ibaruwa ibasaba kubabarira imfungwa “babona ko zikwiriye kugirirwa akamaro n’icyemezo nk’iki kugirango iki gihe cyaranzwe n’akarengane n’amakimbirane, gifungurire amarembo ubuntu buva kuri Nyagasani “. Ubusabe nk’ubu bwigeze gutangwa mu 2000 na Papa Yohani Paulo II, no mu 2002. Papa Francis kandi yari yarasabiye imbabazi nk’izi imfungwa […]
Ingabo z’u Buhinde n’iz’u Bushinwa zongeye gukozanyaho
U Buhinde buravuga ko ingabo zabwo zakozanyijeho n’ingabo z’u Bushinwa mu gace katavugwaho rumwe ko ku mupaka, akaba ari yo mirwano ya mbere nk’iyi ibaye mu gihe cy’umwaka urenga. Ibihugu byari bimaze minsi bigerageza gukemura amakimbirane kuva aho imirwano ikomeye hagati yabyo ihitanye nibura abasirikare 24 muri 2020. Ariko kuri uyu wa Mbere, itariki 12 […]
Imyaka 19 irashize ingabo kabuhariwe z’Abanyamerika zivumbuye Saddam Hussein mu mwobo

Mu bikorwa bitazibagirana ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) zakoze, harimo ‘Operation Red Dawn’ yarangiye zivumbuye mu mwobo Saddam Hussein wabaye Perezida wa Iraq kuva mu mwaka w’1979 kugeza mu 2003. Operasiyo yabereye mu mujyi wa ad-Dawr muri Iraq, mu majyepfo y’umujyi wa Tikrit yavukiyemo, tariki ya 13 Ukuboza 2003, ikozwe n’itsinda kabuhariwe, […]
USA yafatiye ibihano umuhungu wa Perezida Emmerson Mnangagwa
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zafatiye ibihano Emmerson Mnangagwa Jr, umuhungu wa Perezida Emmerson Mnangagwa wa Zimbabwe zishinja kugira uruhare mu byaha bya ruswa. Ni ibihano uyu muhungu wa Mnangagwa yafatiwe n’Ibiro bishinzwe kugenzura imitungo mpuzamahanga muri Minisiteri y’Imari ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mbere y’umunsi umwe ngo i Washington DC hateranire […]
Huye: Beatrice Munyenyezi yongeye kwikoma umucamanza amushinja kubogama
Beatrice Munyenyezi ukurikiranyweho kugira uruhare muri Jenoside yakrewe Abatutsi, yongeye kwiyama umucamanza ukuriye inteko iburanisha amushinja gufata ibyemezo bibogamye nyuma y’aho umucamanza wo mu rukiko rwisumbuye rwa Huye afashe icyemezo ko abatangabuhamya bamushinja bagomba gutangira ubuhamya mu muhezo . Abo ni na bo bamushinjirije mu ruhame muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Abo batangabuhamya urukiko […]
Dr Mukwege arasaba UN gufatira u Rwanda ibihano
Umunyapolitiki akaba na muganga wo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Dr Denis Mukwege, arasaba Umuryango w’Abibumbye (UN) gufatira u Rwanda ibihano. Ubu busabe arabushingira ku kuba UN, kimwe n’indi miryango mpuzamahanga, ishinja u Rwanda gufasha umutwe witwaje intwaro wa M23 ukorera mu burasirazuba bwa RDC, ikanasaba guhagarika ubu bufasha. Dr Mukwege mu kiganiro […]
Ex Rwandan Defense Minister Gen Gatsinzi relocates to Belgium, remarries
Ex-Defence Minister Gen Marcel Gatsinzi, 74, remarries at function reportedly held in Brussels, non confirmed reports indicate. However, these reports have caused self questioning amongst tweeps asking themselves how and why former military officer relocated. Our trusted source of information said ” The function took place in Rwanda’s embassy in Belgium.” Gen Gatsinzi was the […]
Leta ya RDC ihangayikishijwe n’abanyamakuru b’Abanyarwanda bagiye gutara inkuru ahagenzurwa na M23
Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yagaragaje ko ihangayikishijwe n’abanyamakuru b’Abanyarwanda bagiye gutara inkuru mu bice bigenzurwa n’umutwe witwaje intwaro wa M23. Minisiteri ishinzwe itumanaho n’itangazamakuru ya RDC kuri uyu wa 12 Ukuboza 2022 yatangaje ko hari abanyamakuru barimo n’abakwirakwiza icengezamatwara binjiye mu buryo butemewe n’amategeko, banyuze i Bunagana, bakomereza muri Kishishe, Murimbi […]
Gen. Muhoozi yahishuye umusirikare rukumbi wa RDF umurusha ubuhangange
Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko umujyanama mukuru wa Perezida Paul Kagame mu bya gisirikare, Gen. James Kabarebe, ari we musirikare wo ku rwego rwa Jenerali azi usanzwe ari igihangange kumurusha. Ni mu butumwa uyu musirikare usanzwe ari umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda akanaba umujyanama we mukuru mu bikorwa byihariye yanyujije ku rubuga […]