Umunyapolitiki akaba na muganga wo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Dr Denis Mukwege, arasaba Umuryango w’Abibumbye (UN) gufatira u Rwanda ibihano.
Ubu busabe arabushingira ku kuba UN, kimwe n’indi miryango mpuzamahanga, ishinja u Rwanda gufasha umutwe witwaje intwaro wa M23 ukorera mu burasirazuba bwa RDC, ikanasaba guhagarika ubu bufasha.
Dr Mukwege mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru w’ibiro ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, kuri uyu wa 12 Ukuboza 2022 ubwo yari i Paris mu Bufaransa, yatangaje ko u Rwanda rwishe itegeko mpuzamahanga ribuza Leta z’ibihugu gufasha imitwe y’iterabwoba.
Abona umwanzuro wa 2641 wa UN washingirwaho mu gufatira u Rwanda ibihano. Ati: “Turasaba ko uyu mwanzuro ushyirwa mu bikorwa.”
Uyu munyapolitiki yakomeje asobanura ibyo ashingiraho avuga ko M23 ari umutwe w’iterabwoba. Ati: “Tugomba gushobora gusaba u Rwanda guhagarika gufasha abaterabwoba ba M23. Impamvu ari abaterabwoba, barica, barasambanya, basenya ibiturage. Bafashwa n’igihugu kiri muri UN.”
U Rwanda ni igihugu cya kane gifite mu butumwa bw’amahoro bwa UN ingabo nyinshi (abasirikare n’abapolisi). Dr Mukwege abona rutakabaye rucyemererwa kuzoherezayo.


