Impunzi z’abanye-Congo zo mu nkambi ya Mahama mu karere ka Kirehe, zaramukiye mu myigaragambyo zamagana ubwicanyi bukomeje gukorerwa Abatutsi b’abanye-Congo.
Ni ubwicanyi Ingabo za Congo (FARDC) zifatanyije n’imitwe yitwaje intwaro ya FDLR, Mai-Mai na Nyatura bashinjwa gukorera Abatutsi bo muri za Teritwari za Rutshuru na Masisi zo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Abatutsi bo muri ibi bice bakomeje kwicwa bashinjwa kugira aho bahurira n’inyeshyamba z’umutwe wa M23 umaze igihe mu mirwano n’Ingabo za Congo.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 13 Ukuboza ubwo impunzi z’abanye-Congo zo mu nkambi ya Mahama zaramukiye mu myigaragambyo zamagana buriya bwicanyi bukomeje gukorerwa bene wabo b’abanye-Congo.
Ubutumwa bugaragara ku byapa izi mpunzi zari zifite, bwavugaga ko zamaganye “Jenoside iri gukorerwa Abatutsi”, ubundi bukagira buti: “Turambiwe kwitwa impunzi.”
Izi mpunzi kandi zanaririmbaga indirimbo zirimo ubutumwa bwumvikanisha ko zamagana “ubwicanyi bw’indengakamere bukorerwa Abatutsi b’abanye-Congo”, zikavuga ko zikeneye amahoro no gutaha mu gihugu cyazo.
Impunzi kandi zumvikanye zamagana umutwe wa FDLR kubera ubwicanyi abarwanyi bawo bakomeje gukora.
Imyigaragambyo yo kuri uyu wa Kabiri yabaye nyuma y’indi yakozwe n’impunzi zo mu nkambi ya Kigeme yo mu karere ka Nyamagabe, ejo ku wa Mbere tariki ya 12 Ukuboza.
Impunzi zikomeje kwigaragambya ni izahungiye hano mu Rwanda mu myaka 10 ishize, ubwo ubwicanyi bwibasiraga Abatutsi bo mu ntara za Kivu y’Amajyaruguru n’iy’Amajyepfo.


