Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yahishuye uburyo abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’iburasirazuba, EAC, bamukuriye ingofero ubwo yatangiraga kuyobora uyu muryango.
Yabibwiye abari bifatanyije na we mu munsi wa gatatu w’amasengesho yo ku rwego rw’igihugu ategurwa n’umuryango w’Umukuru w’Igihugu, tariki ya 27 Ukuboza 2022.
Ndayishimiye yavuze ko n’ubwo hari umuntu wamusuzuguraga muri Leta ayoboye, abakuru b’ibihugu bya EAC batunguwe n’ibitekerezo afite, kandi nta gihe kinini amaze ku butegetsi.
Yagize ati: “None ugira ngo ni njyewe wari ufite uburambe bukomeye mu by’abakuru b’ibihugu ga yemwe? Kugira ngo bantore, nyobore abakomeye. Mu gihe bavugaga bati ‘tugiye gutora umukuru w’inama y’abakuru bo mu muryango’, bose nabonaga bafite akanyamuneza cyane. Ahubwo babaza bati ‘Mbese narangiza manda ni nde uzamukurikira?’ Ni cyo babazaga gusa.”
Ndayishimiye avuga ko kuva yajya ku butegetsi mu mwaka w’2020, yashoboye kunga Abarundi batumvikanaga, ubu bakaba bunga ubumwe.



One Response
Perezida Ndayishimiye yahishuye uko abakuru b’ibihugu bya EAC bamukuriye ingofero
Ndakunda Perezida Kagame uyobora U rwanda, ntabwo aza yirata mu majambo ngo nakoze ibi, nashoboye ibi, wewe avuga make ariko ivyo arangura ni ibigaragara n’amaso y’abantu. I Burundi twugarijwe n’ibibazo vyinshi bitagira umuti. Kuko ntawe wo kuwutora. abantu baririrwa mu masengesho bahenda Imana nk’uko umengo ntavyo izi, bakirirwa bagiriza ikibi abandi nk’uko umengo bo ni beranda. Ingorane z’uburundi ntizizanwa n’umuntu umwe ni system yubatse nabi, itagira vision, yiyemeza gusa, abantu batsa amatara y’imodoka ku murango, bagira muri za fumé,, ese mbere n’ibibazo bihanze igihugu, ba créa des diversions gusa, ico barakizi pe. Rero dukore kuko mu karere ka EAC, u burundi buri inyuma mu migabane yose