Pamella (iburyo) ubwo yayoboraga indirimbo yitwa Ntibyari Byoroshye

Pamella wamamaye muri Healing Worship Team yapfuye

Sangiza iyi nkuru

Byishimo Pamella wari umuririmbyi ndetse akaba n’umuramyi ukomeye mu itsinda ryo kuramya no guhimbaza Imana rya Healing Worship Team yapfuye bitunguranye mu rukerera rwo kuri uyu wa 9 Mutarama 2023.

Ikinyamakuru BWIZA ubwo cyaganiraga n’umuyobozi wa Healing Worship Team, Muhoza Budete uzwi ku izina rya Kibonge, yavuze ko uyu muramyi yapfuye atwite inda ya mbere, cyane ko yaherukaga gukora ubukwe muri Kanama 2022.

BWIZA yamenye ko Pamella yagiye kwivuriza mu bitaro bya gisirikare bya Kanombe, abo mu muryango we n’inshuti batekereza ko ari uburwayi busanzwe, ariko biza gukomera, apfa mu rukerera.

Kibonge yakomeje avuga ko ari igihombo gikomeye cyane bahuye na cyo mu itsinda ryabo kubera ko Pamella yari umwe mu baririmbyi batereraga abandi indirimbo kandi warukunzwe cyane.

Uyu muramyi ubusanzwe yari atuye i Kanombe we n’umugabo we ariko akaba avuka mu karere ka Huye mu ntara y’Amajyepfo. Ibijyanye n’imihango yo kumushyingura byo ntibirajya ahagaragara kubera ko umuryango we utarabitangaza.

Pamella (iburyo) ubwo yayoboraga indirimbo yitwa Ntibyari Byoroshye
Pamella (iburyo) ubwo yayoboraga indirimbo yitwa Ntibyari Byoroshye

Pamella yaherukaga gukora ubukwe mu mwaka ushize
Pamella yaherukaga gukora ubukwe mu mwaka ushize

Healing Worship Team ni rimwe mu matsinda y'abaramyi akomeye mu gihugu
Healing Worship Team ni rimwe mu matsinda y’abaramyi akomeye mu gihugu

Soma Izindi Nkuru

One Response

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *