img-20230111-wa0034-225x300.jpg

RDC: Ufite ikibazo cyo mu mutwe yambuye imbunda umusirikare wasinze arayimurasisha

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Gatatu, itariki 11 Mutarama 2023, ahitwa Tshikapa, umurwa mukuru w’Intara ya Kasai muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, umugabo ufite ikibazo cyo mu mutwe yagize atya abona umusirikare wa FARDC wasinze amwambura imbunda arangije aramurasa .

Uwabibonye n’amaso wavuganye na Radio na Televiziyo bya Congo, RTNC, yavuze ko ibi byabereye muri Komini ya Kanzala, hafi y’umugezi wegereye umuhanda ugana ku Kigo cya gisirikare cyo hafi aho nyuma yo kugundagurana k’umusirikare wishwe n’uwamwishe.

img-20230111-wa0034-225x300.jpg

Abashinzwe umutekano babashije gufata uyu mwicanyi ufite ikibazo cyo mu mutwe mbere yo kujyana umurambo w’umusirikare wishwe mu buruhukiro.

Soma Izindi Nkuru

One Response

  1. RDC: Ufite ikibazo cyo mu mutwe yambuye imbunda umusirikare wasinze arayimurasisha
    Bafite igisirikare gikomeye cyane nanjye ndabizi????????????????????

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *