Moussa Faki ubwo yakiraga aba ba Minisitiri babiri i Addis Ababa

U Budage n’u Bufaransa birasabira Afurika imyanya ihoraho mu kanama ka UN gashinzwe umutekano

Sangiza iyi nkuru

Guverinoma y’u Budage n’iy’u Bufaransa zirasabira umugabane wa Afurika imyanya ibiri ihoraho mu kanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano, UNSC.

Iki cyifuzo cyagaragajwe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Budage, Annalena Baerbock na mugenzi we w’u Bufaransa, Catherine Colonna, ubwo bahuriraga n’Umuyobozi Mukuru w’umuryango wa komisiyo ya Afurika yunze ubumwe, Moussa Faki Mahamat ku biro bye i Addis Ababa muri Ethiopia tariki ya 13 Mutarama 2023.

Nk’uko VOA News yabitangaje, Baerbock yatanze ibi bisobanuro: “Nk’abafatanyabikorwa b’Abanyaburayi, njyewe nka Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, tubona Isi yo mu 2023 itandukanye n’iya nyuma y’intambara ya kabiri y’Isi, bityo dushyigikiye ko umugabane wa Afurika wagiramo imyanya ibiri.”

Akanama ka UN gashinzwe umutekano gafite ibihugu bitanu bifite ubunyamuryango buhoraho, ari byo: Leta zunze ubumwe za Amerika, u Burusiya, u Bushinwa, u Bwongereza n’u Bufaransa. Ibisigaye biratorwa, bigasimburana kuri manda y’imyaka ibiri.

Moussa Faki ubwo yakiraga aba ba Minisitiri babiri i Addis Ababa
Moussa Faki ubwo yakiraga aba ba Minisitiri babiri i Addis Ababa

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *