Rayon Sports yananiwe kurinda intsnzi yayo imbere ya Mukura, biyisubiza inyuma

Sangiza iyi nkuru

Mukura na Rayon Sports bananiwe kwisobanura mu mukino w’umunsi wa 17 wa Shampiyona wabereye kuri Stade Mpuzamahanga ya Huye.

Wari umukino Rayon sports yaje yakaniye cyane kuko yaje gukina uyu mukino inganya amanota 31 na APR FC na yo yarimo yesurana na Kiyovu Sports kuri Stade ya Muhanga.

Rayon Sports yari yagaruye Raphael Osaluwe wari waravunitse ndetse na Héritier Luvumbu wagarutse avuye muri DCMP yo muri Congo.

Iyi kipe y’umutoza Haringingo Francis Christian yatanze Mukura kwinjira mu mukino, kuko ku munota wa 11 Luvumbu yateye umupira mwiza wa Coup-Franc mbere y’uko Moussa Camara awutereka mu izamu.

Igice cya mbere kigana ku musozo ikipe ya Mukura yagerageje uburyo bw’igitego ariko biba iby’ubusa.

Ku munota wa 45+1 Luvumbu yongeye kwigaraza atera umupira ukomeye maze umuzamu Sebwato Nicolas awukuramo, Camara wari hafi aho asongamo ariko umusifuzi wo ku ruhande avuga ko yari yarariye.

Rayon Sports yasoje igice cya mbere cy’umukino iri imbere n’igitego 1-0.

Igice cya Kabiri cyaranzwe no gukinirwa hagati ariko Rayon nk’ikipe yashakaga instinzi igacishamo ikotsa igitutu ikipe ya Mukura.

Ku munota wa 61 ku mupira mwiza Habamahoro Vincent yari ahinduye imbere y’izamu Nsabimana Emmanuel bakunze kwita Balotelli, yishyuriye ikipe ya Mukura.

Uyu mukino usize Rayon Sports isubiye inyuma ho imyanya ibiri kuko yahise ifata umwanya wa gatatu n’amanota 32 inganya na Gasogi United yatsinze Sunrise ibitego 3-0.

Rayon Sports irarushwa amanota abiri na APR FC ya mbere, ndetse ikarushwa inota rimwe na AS Kigali ya kabiri.

Uko imikino y’umunsi wa 17 yarangiye kuri uyu wa Gatandatu

-Sunrise 0-3 Gasogi United

-Rwamagana City 1-0 AS Kigali

-Musanze FC 0-1 Rutsiro FC

-Kiyovu Sports 2-3 APR FC.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *