Perezida Paul Kagame yatangaje ko ashyigikiye imyanzuro ya Nairobi n’iya Luanda isaba umutwe witwaje intwaro wa M23 guhagarika imirwano no gusubira inyuma, ariko ngo abarwanyi bayo ntibagomba kuza mu Rwanda.
Mu kiganiro aherutse kugirana n’umwanditsi mukuru François Soudan wa Jeune Afrique, Perezida Kagame yagize ati: “M23 ikwiye guhagarika imirwano, igasubira inyuma nk’uko yabisabwe n’akarere. Ntabwo izigera iza mu Rwanda kubera ko si ahayo.”
Umukuru w’Igihugu yavuze ko ibibazo biri muri Repubulika ya demukarasi ya Congo bikwiye gushakirwa ibisubizo mu buryo bumwe, kandi abantu bagafatanya kubishaka.
Perezida Kagame yasobanuye ko kuba Leta ya RDC yakohereza abarwanyi ba M23 aho ishaka ubwabyo bitaba iherezo mu gihe muri uwo mwanya Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi bari gukorerwa ihohoterwa, bakameneshwa.
Yavuze kandi ko muri RDC hari kugeregezwa gahunda yo kwirukanayo Abatutsi bose, bakajugunywa hakurya y’umupaka. Ati: “Bigomba guhagarara. Ntabwo tugiye kuba ikibuga cyo kujugunyaho abantu uri gutoteza ku manywa y’ihangu.”
Imyanzuro ya Luanda yasabye imitwe yitwaje intwaro yose ikorera muri RDC guhagarika imirwano, M23 isabwa by’umwihariko mu bice iherutse gufata vuba, igasubira mu birindiro yahozemo ahagana muri Sabyinyo, gurupoma ya Jomba muri teritwari ya Rutshuru.


