Abasirikare 7 ba FARDC bakatiwe urwo gupfa bazira guhunga M23

Sangiza iyi nkuru

Urukiko rwa Gisirikare rw’i Goma kuri uyu wa Gatandatu, rwakatiye urwo gupfa abasirikare barindwi bo mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bazira guhunga ubwo bari bahanganye ku rugamba na M23.

Urubanza rwa’aba basirikare bo mu mutwe w’abakomando rwabereye mu ruhame mu mujyi wa Sake.

Uko ari barindwi bari bakurikiranweho ibyaha birimo “ubwicanyi bw’ubugwari, gukomeretsa bikomeye ndetse no gupfusha ubusa/gutagaguza amasasu y’intambara.”

Ubushinjacyaha bwa gisirikare bwabashinje ko ku itariki ya 09 Gashyantare 2023 bahunze urugamba, ubwo bari bahanganiye n’inyeshyamba za M23 ku bilometero bibarirwa mu icumi uvuye mu mujyi wa Sake, muri Teritwari ya Masisi.

Bwavuze ko “mu bugwari bwabo” baciye igikuba mu mujyi wa Sake, bituma abawutuyemo bafata icyemezo cyo guhunga igitaraganya bamwe berekeza i Goma abandi muri Minova.

Muri uko guhunga ngo abantu babiri barapfuye, na ho abandi bane barakomereka.

Mu mwanzuro w’urubanza wasomwe ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu, urukiko rwakatiye bariya basirikare uko ari barindwi igihano cy’urupfu, gusa rubaha amahirwe yo kukijuririra.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *