Kuri uyu wa Kabiri, abasirikare batatu b’Umuryango w’Abibumbye bakomoka muri Senegal bishwe ubwo imodoka zabo zanyuraga ku gisasu cyari giteze mu muhanda muri Mali rwagati nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bwa MINUSMA .
Ibinyujije ku rukuta rwayo rwa twitter, yagize iti “imodoka za MINUSMA zagonze ibikoresho biturika (IED) uyu munsi”. Yongeyeho ko imibare y’agateganyo ari abasirikare batatu bapfuye.
Hamwe n’abasirikare n’abapolisi barenga 13.500, ubutumwa bwo kubungabunga amahoro muri Mali ni bumwe mu bunini ariko kandi buteje akaga aho ingabo za Loni zikunze guhitanwa n’ibisasu biteze mu nzira.
Muri Mutarama, Umuyobozi w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, muri raporo yavuze ko ingabo zishinzwe kubungabunga amahoro 165 zapfuye naho 687 zigakomereka kuva muri Nyakanga 2013.
Izo ngabo zahuye n’ibitero 548 bya za mine kugeza ubwo raporo yatangazwaga, bihitana ubuzima 103 naho abagera kuri 638 barakomeretse mu bakozi ba MINUSMA.


