Umuvugizi wa guverinoma wungirije, Alain Mukuralinda, aremeza ko mu gihe abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa M23 baraswaho, bagahungira mu Rwanda, bakwakirwa kandi nta gitangaza cyaba kirimo.
Mukuralinda mu kiganiro yagiriye kuri Primo Media Rwanda kuri uyu wa 7 Werurwe 2023, yibukijwe ko M23 yatangaje ko yahagaritse imirwano mbere yo gusubira mu birindiro yahozemo ku kirunga cya Sabyinyo, nk’uko yabisabwe n’abakuru b’ibihugu byo mu karere.
Yabajijwe niba byongeye kubaho ko abarwanyi ba M23 babeshywa, bakaraswaho nk’uko byagenze mu mwaka w’2013 ubwo bamwe bahungiraga mu Rwanda, rwakongera kubakira muri iki gihe.
Mukuralinda yagize ati: “Umuntu wese uzahungira mu Rwanda amagara ye ageramiwe, azakirwa.” Abajijwe niba na M23 yakwakirwa, yagize ati: “Wibigira igitangaza kuko no muri 2013 baratsinzwe, abahungiye hano barakiriwe, bamburwa intwaro, bajyanwa Kirehe.”
Umuvugizi wa guverinoma wungirije yavuze ko ariko mbere yo kuvuga ngo M23 yaba yahungiye mu Rwanda, na yo yabanza gusubira inyuma nk’uko yabisabwe, igahagarika imirwano, ikanarambika intwaro.
Mukuralinda yizeye ko mu gihe M23 yazaba yarasubiye inyuma, ingabo z’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’iburasirazuba zizayirindira umutekano nk’uko byasabwe n’abakuru b’ibihugu by’akarere.


