Minisitiri w’ingabo wa Repubulika ya demukarasi ya Congo, Kabanda Gilbert, yahagaritse gukurikirana umunyamakuru Stanis Bujakera, nyuma yo kubisabwa n’inzego zishinzwe itangazamakuru.
Minisitiri Kabanda tariki ya 9 Werurwe yareze Bujakera mu biro by’Umugenzuzi Mukuru w’igisirikare, amushinja kugoreka amagambo ari muri raporo y’umutekano yagejeje ku nama y’abaminisitiri ku ya 3 Werurwe.
Muri iyi raporo, uyu muyobozi yavuze ko “ingabo z’u Rwanda zitacyihishira iyo zinjira” mu gihugu cyabo, kandi ngo n’ingabo zoherejwe n’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba zirabibona, ntizigire icyo zibikoraho.
Uyu munyamakuru yatangarije kuri Twitter aya magambo ya Minisitiri Kabanda, gusa Abanyekongo ntibayakira neza, bibasira uyu muyobozi, baramutuka, abandi bamusaba kwegura kuko ngo ntashoboye.
Amagambo y’abamwibasiriye ari mu mpamvu nyamukuru yatangiye mu kirego cye, anasobanurira Umugenzuzi Mukuru ko uyu munyamakuru “yayagoretse” (ntiyerekanye aho yayagoretse) agamije guca igikuba mu baturage no guca intege ingabo z’igihugu zihanganye n’umutwe wa M23 ngo ufashwa n’u Rwanda.
Iki kirego cyatumye umuryango w’abanyamakuru bakorera kuri interineti muri RDC, MILRDC, uhamagara Minisitiri w’itumanaho n’itangazamakuru akaba n’Umuvugizi wa guverinoma, Patrick Muyaya, usaba ko ubwisanzure bw’itangazamakuru bwubahirizwa.
Muyaya na we yahise atumizaho Bujakera n’uhagarariye Minisitiri Kabanda, baraganira, bafata icyemezo cyo guhagarika iki kirego. Muyaya yabyemeje ati: “Nyuma yo guhamagarwa na MILRDC, nakiriye [inkuru yo] guhagarika ikirego kwa Minisitiri w’ingabo ku munyamakuru Stanis Bujakera.”
MILRDC na yo kuri uyu wa 11 Werurwe yasohoye itangazo igaragaza ko yishimiye ko iki kirego cyahagaritswe, bigizwemo uruharre na Minisitiri w’itumanaho n’itangazamakuru, Muyaya. Uyu muryango kandi watangaje ko uzakomeza kurwanirira ubwisanzure bw’itangazamakuru ku kiguzi cyose gishoboka.’
Bujakera kuva yamenya ko ari gukurikiranwa na Minisitiri Kabanda, yagaragaje ko atigeze agoreka ibikubiye muri raporo y’umutekano. Na nyuma y’aho iki kirego gihagaritswe, yatangaje ko azakomeza kurwana urugamba rwo gukora itangazamakuru ryigenga.


