Abimukira baba mu Bwongereza badashaka koherezwa mu Rwanda hashingiwe kuri masezerano ibihugu byombi byagiranye muri Mata 2022, bahawe amahirwe yo kujurira, basaba ko ateshwa agaciro.
Tariki ya 16 Mutarama 2023, aba bimukira barimo abakomoka muri Iran, Iraq na Syria batangaje ko batanyuzwe n’icyemezo cy’urukiko cyo mu Kuboza 2022 kivuga ko aya masezerano yemewe n’amategeko, bateguza ko bazajurira, bakagaragaza uburyo bari mu Rwanda batafatwa neza nk’uko bafatwa bari mu Bwongereza.
Ikinyamakuru The Guardian kivuga ko kuri uyu wa 14 Werurwe 2023, aba bimukira bagejeje ubujurire bwabo mu rukiko rw’ubujurire, bashinja ibiro bishinzwe umutekano w’imbere (Home Office) kwirengagiza ingaruka mbi byabagiraho mu gihe baba boherejwe mu Rwanda.
Uru rukiko rw’ubujurire rwabanje gusuzuma niba urukiko rukuru rwemeje ko aya amsezerano yemewe n’amategeko, rwarasuzumye neza ko u Rwanda ari igihugu cyiza cyo koherezamo abimukira, nyuma y’aho ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe impunzi, UNHCR, rigaragarije ko iki gihugu gifite raporo mbi ku kurinda impunzi.
Iki kinyamakuru kivuga ko Visi Perezida w’urukiko rw’ubujurire, ishami rya gisivili, Underhill, amaze gusuzuma ibi byose, yemereye iri tsinda ry’abimukira kujurira risaba ko aya masezerano ateshwa agaciro.
Ku rundi ruhande, kuva indege ya mbere yagombaga kohereza mu Rwanda icyiciro cya mbere cy’abimukira yahagarikwa muri Kamena 2022, ibiro bishinzwe umutekano w’imbere byatangaje ko byiteguye kugaragaza uburyo iyi gahunda ari nziza ku gihugu no ku bimukira.


