Perezida Cyril Ramaphosa aravuga ko hariho umugambi wo kumukorera Coup d’État

Sangiza iyi nkuru

Perezida Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo, yatangaje ko imyigaragambyo y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe iteganyijwe ku wa Mbere w’icyumweru gitaha atari imyigaragambyo isanzwe, ko ahubwo iri mu mugambi wo gushaka kumuhirika ku butegetsi.

Imyigaragambyo iteganyijwe muri Afurika y’Epfo yateguwe n’ishyaka Economic Freedom Fighters (EFF) ritavuga rumwe n’ubutegetsi, kubera ikibazo cy’umuriro w’amashanyarazi.

Iby’uko iriya myigaragambyo yaba iri mu mugambi wo guhirika Ramaphosa ishyaka EFF rimaze iminsi ryotsa igitutu rimusaba kwegura, byanemejwe na Lt Gen Nhlanhla Mkhwanazi uyobora Polisi ya Afurika y’Epfo mu ntara ya KwaZulu-Natal.

Uyu yabwiye abanyamakuru ko “Ibi ni ugushaka guhirika ubutegetsi. Si imyigaragambyo ahubwo ni imvururu. Igipimo cy’ubwoba buhari gitandukanye n’icy’indi myigaragambyo yabaye, ni yo mpamvu tugomba kuba maso birenze ibikenewe.”

Televiziyo ya eNCA TV dukesha iyi nkuru yatangaje ko Lt Gen Mkhwanazi yunzemo ko Polisi itarahabwa inyandiko iyimenyesha ahazahurirwa n’abigaragambya muri KwaZulu-Natal, gusa avuga ko abapolisi babarirwa mu 18,000 bashobora koherezwa gucunga umutekano mu gihe cy’iriya myigaragambyo.

Umuyobozi w’ishyaka EFF, Julius Malema, yatangaje ko iriya myigaragambyo ikurikije amategeko bityo ko uwo ari we wese uzagerageza kuyihagarika “azabigwamo.”

Perezida Cyril Ramaphosa ku wa Kane w’iki cyumweru yari yatangaje ko mu gihe muri iriya myigaragambyo haba hajemo imvururu zitakwihanganirwa, asaba inzego zishinzwe umutekano kurinda abaturage.

Ni Ramaphosa washimangiye ko inzira yonyine yamukura ku butegetsi ari iy’amatora.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *