Hannah Karema Tumukunde yegukanye ikamba ry’irushanwa ry’ubwiza muri Uganda rizwi nka Miss Uganda kuri uyu wa 18 Werurwe 2023.
Nk’uko ikinyamakuru Campus Bee kibisobanura, abakobwa 21 ni bo bageze ku musozo w’irushanwa, na bo batoranyijwemo 5 ba nyuma bagombaga kuvamo uryegukana.
Muri batanu ba nyuma, Tumukunde yegukanye umwanya wa mbere, murumuna w’umuhanzi Cindy Sanyu witwa Whitney Martha Ademun aba igisonga cya mbere, Prossy Agwang aba igisonga cya kabiri.
Tumukunde, nyuma yo kwegukana ikamba no guhabwa imodoka nk’igihembo nyamukuru, ashimira abamutoye. Ati: “Urakoze Mana. Amaherezo ikamba ritashye mu rugo, mbaye Miss Uganda 2023.” Na none ati: “Ikirere ni iherezo. Mwarakuze Uganda kuntorera iri kamba.”
Ikamba yambitswe ryari rifitwe na Elizabeth Bagaya warisigiwe na Oliver Nakakande muri Mata 2021 ubwo yari agiye kwiga mu mahanga.



